Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

GAERG Igerageza Guhagarika Ihererekanywa Ry’Ibikomere Bya Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 3:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, wahembye abanyeshuri batsinze amarushanwa yo gukora ibihangano ku buzima bwo mu mutwe. Umukozi Ushinzwe Ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen avuga ko bakora ibi mu rwego rwo guhagarika ihererekanywa ry’ibikomere.

Ayo marushanwa yabaye binyuze mu mushinga ’Baho Neza’ ukorere mu Turere twa Bugesera na Gasabo ugamije gukurikirana abantu bafite ibibazo byo mu mutwe.

Abitabiriye ayo mahugurwa ni abanyeshuri bo mu mashuri umunani.

Mu guhiganwa, abanyeshuri bahawe insanganyamatsiko ivuga ku buzima bwo mu mutwe, bakabikora batanga ubutumwa binyuze mu mivugo, inkuru zanditse, izishushanyije, imbyino n’ibindi.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo harangijwe ayo marushanwa, abanyeshuri bahize abandi mu gukora ibihangano bitanga ubutumwa ku buzima bwo mu mutwe, bahabwa ibihembo birimo ibikoresho by’ishuri birimo amakaye, amakaramu n’ibindi.

Umukozi ushinzwe ubuzima bwo mu Mutwe muri GAERG, Uwase Nelly Queen, yavuze ko bategura aya marushanwa kugira ngo abakiri bato babashe gusobanukirwa byimbitse n’ubuzima bwo mu mutwe n’ibibwangiza.

Nelly Uwase Queen avuga ko muri GAERG baharanira ko abantu bagira ubuzima bwiza bwo mu mutwe.

Avuga ko bagombaga kubikora bashingiye kubyo bazi mu mateka y’Abanyarwanda kuko hari byinshi byabashegeshe.

Ati: “Na none ntabwo uba ugomba kwirengagiza abakiri bato nabo bakeneye kumva ubu butumwa kuko tuba dusa n’abahagarika ihererekanywa ry’ibikomere. Dufite umubare munini w’abakuze babifite, rero turashaka uburyo twarica tugera mu bana bato tukabibarinda.”

Avuga ko binyuze mu bihangano abakiri bato bakora, bituma basobanukirwa byinshi mu mateka y’Abanyarwanda bakamenya uko babungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe n’igihe bwangiritse bakamenya uko bakira ibyo ibikomere.

Ubuyobozi bwa GAERG buvuga ko ariya marushanwa aba buri mwaka mu mashuri atandukanye ndetse hanashyizweho amatsinda ya ’Baho Neza’ akora mu kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.

Bakinnye berekana ko inzoga zituma abantu batakaza ubwenge
TAGGED:featuredGAERGGuhungabanaJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Riderman Ati: Wakwanga Ute Bruce Melodie?
Next Article Hari Indi COVID ‘Ishobora’ Gukwira Isi Mu Gihe Kiri Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?