Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Abo Mu Mashuri Yisumbuye Bigira Mu Nyubako Z’Akagari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Abo Mu Mashuri Yisumbuye Bigira Mu Nyubako Z’Akagari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2023 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Urwunge rw’amashuri rwa Mubuga II Mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke, buvuga ko kuva cyashingwa mu mwaka wa 1948, cyafashije benshi kugira ubumenyi bwatumye bateza n’igihugu cyabo imbere. Icyakora bavuga ko bafite ikibazo cy’ibyuma bike abana bigiramo  k’uburyo bamwe bigira mu nyubako z’Ibiro  by’Akagari.

Iki kigo giherereye mu Mudugudu wa Mubuga, Akagari ka Mubuga, Umurenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke

Alexis Twahirwa uyobora iki kigo yabwiye Taarifa ko we n’abo bakorana bakora uko bashoboye bagaha abanyeshuri ibyo bakeneye.

Ubwo iyi nkuru yandikwaga, iki kigo cyari gifite abanyeshuri 988 barimo incuke 138.

Mu mashuri abanza higa abana  607 n’aho mu mashuri yisumbuye hakaba abanyeshuri 243.

Uyu mubare ni minini ugereranyije n’ibyumba by’amashuri kubera ko, nk’uko ubuyobozi bwa kiriya kigo bubivuga, abana bo mu mashuri y’incuke [uko ari 138]bigira mu byumba bibiri(2).

Twahirwa avuga ko hakenewe byibura nk’ibyumba bine kugira ngo bariya bana bige bisanzuye.

Abiga mu mashuri abanza bigira mu byumba 10 bakagombye kwigira mu byumba 14.

Alexis Twahirwa ati: “ Abana bigira  mu nzu mberabyombi y’Akagari. Iyo habaye inama badusaba ko tubasohora, inama yarangira bakagaruka kwiga.”

Cyubatswe mu mwaka wa 1948

Kuri we, ngo mu by’ukuri bariya bana ‘ntibiga’.

Si ibyumba byo kwigiramo bakeneye gusa, ahubwo ngo bakeneye n’ubwiherero buhagije.

Ibibazo ‘bizatangira’ gukemuka umwaka utaha…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muzo Bwana Jean Pierre Niyomugabo yabwiye Taarifa ko ibibazo bivugwa mu ishuri rya Mubuga II yabiganiriyeho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke kandi babihaye umurongo.

Uwo murongo ni uw’uko mu mwaka wa 2023, bazatangira kubaka ibyumba bihagije bizafasha abanyeshuri kwiga bisanzuye.

Ati: “ Icyo kibazo rwose turakizi kandi hari gahunda y’uko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha tuzatangira kuhubaka ibyumba abana bazigiramo.”

Ku rundi ruhande, Jean Pierre Niyomugabo avuga ko bari gukora uko bashoboye ngo babanze bubakire abanyeshuri uburiro ndetse n’ubwiherero bihagije.

Urwunge rw’amashuri rwa Mubuga mu Karere ka Gakenke rwubatswe mu mwaka wa 1948.

Rwashinzwe na Padiri wGodfeild, icyo gihe ahazaga bakaba barigaga gatigisimu.

Kwandika, gusoma no kubara byatangiye kuhakorerwa mu mwaka wa 1951.

Hari abahize bakiriho barimo Mvukiyehe Dèogratias na Ntizikwira bigishijwe n’mwarimu witwa Ruvamwabo.

Ubwo Jenoside yabaga aya mashuri yarahagaze, aza gusubukura imirimo mu mwaka wa 2012.

Amasomo yahatangijwe icyo gihe ni Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’isi, Imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’isi(Mathematics-Economics-Geography) n’Indimi.

Ubuyobozi bw’iki kigo buherutse kwishimira ibyo cyagezeho mu myaka yose kimaze gishinzwe.

Ni mu muhango wabereye aho giherereye.

Witabiriwe n’abayobozi barimo abo ku rwego rw’Akarere n’Umurenge.

Abanyeshuri ni benshi kurusha ubwinshi bw’ibyumba bigiramo
TAGGED:AbanaGakenkeIbyumbaMubuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dushyira Ikoranabuhanga Mu Byo Dukora Byose- PM Ngirente
Next Article Birababaje Kuba Ikawa Idatunze Bihagije Abayihinga: Minisitiri Dr. Mukeshimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?