Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Daihatsu Yari Ipakiye Ibirayi Yahitanye Babiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Daihatsu Yari Ipakiye Ibirayi Yahitanye Babiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2022 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu makorosi ya Buranga habereye impanuka yakozwe na Daihatsu Delta bivugwa ko yari ivuye  i Musanze ijyanye ibirayi i Kigali. Amakuru avuga ko yahitanye Shoferi n’umufasha mu kazi mu Kinyarwanda bita kigingi.

Uwari uyitwaye yitwa Emmanuel Bigirimana.

Shoferi yageze Buranga akata ikoni kuriringaniza biranga agonga inkingi zishinzwe gutangira ibinyabiziga ngo bidahirima mu mikingo, imodoka igaruka igusha urubavu igwira shoferi na kigingi witwa Zakayo Niyobuhungiro.

Ikindi ni uko muri yo hari harimo na nyiri umuzigo witwa Placide Maniriho ariko we yakomeretse.

Andi makuru twamenye ni uko imirambo y’abaguye muri iriya mpanuka yajyanywe mu bitaro bya Nemba ndetse n’uwakomeretse nawe niho yajyanywe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami ry’umutekano wo muhanda Senior Superintendent of Police( SSP) Réné Irere yabwiye Taarifa ko iriya mpanuka yabaye ‘ahagana’ saa sita z’ijoro.

Ngo umushoferi yari apakiye imizigo agemuye ibirayi i Kigali.

SSP Irere avuga ko abashoferi bagombye kwirinda kujya batwara imodoka mu bihe biteje akaga kuko ngo gutwara imodoka ifite imizigo iremereye ukayitwara mu masaha y’ijoro, ubwabyo biba biteje akaga.

Avuga kandi ko abantu bagombye kuzirikana buri gihe kuringaniza umuvuduko cyane cyane bageze ahantu hameze nka za Buranga.

Ahandi hantu hateye hatyo ni ahitwa Shyorongi.

SSP Irere avuga ko imiterere y’umuhanda wa Buranga isaba ubwitonzi bw’abashoferi bazamuka kurusha abamanuka.

Abatwara imodoka zifite imizigo nibo bagirwa inama yo kwitonda cyane.

TAGGED:featuredGakenkeIbirayiImpanukaPolisiUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Yakiriye Ku Meza Abapfobya Jenoside Yakorewe Abayahudi
Next Article Pologne Irifuza Gushora Mu Rwanda No Kuhafungura Ambasade
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?