Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Yaketse Ko Yishe Murumuna We, Ariyahura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gakenke: Yaketse Ko Yishe Murumuna We, Ariyahura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusore w’imyaka 24 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Rugamba, Akagari ka Rurembo, Umurenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke aherutse kwiyahuza umugozi yo gukomereza uwo bavukana akoresheje umuhoro agakeka ko yamwishe.

Abaturanyi bavuga ko abo bombi bapfaga imitungo.

Taliki 07, Mutarama, 2024, nibwo uwo musore yamaze gutema uwo bavukana, abonye ko amukomerekeje cyane, atekereza ko amwishe, ahita nawe ashaka umugozi arimanika.

We yahise apfa ariko murumuna we ajyanwa kwa muganga yitabwaho.

Ibyabaye byababaje abaturage, cyane cyane Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke.

Umuyobozi w’aka Karere  Mukandayisenga Vestine  yavuze ko yari amaze iminsi mike abasuye nk’Umuyobozi mushya, ndetse ngo aranabaganiriza, abasaba kwirinda amakimbirane.

Ati: “Ikibazo gihari ni amakimbirane yo mu miryango, ntabwo nari nahuza amakuru neza kuko inzego z’umutekano Polisi na RIB nibo bakiri kubikoraho, ariko muby’ukuri pe birababaje, abantu babiri bava inda imwe bagapfa umutungo nawo utari uwabo, umutungo w’ababyeyi, ntabwo ari ibintu abana bakagombye gupfa kugeza ubwo batemana bavukana”.

Uwo muyobozi yavuze ko ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke bwavuganye n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano n’abakozi mu karere, bagakora ubukangurambaga umurenge ku wundi, bugamije kwigisha abaturage kugira umuryango utekanye.

Yasabye abaturage kandi kujya bagana ubuyobozi mu gihe hari icyo batumvikanaho.

 

TAGGED:GakenkeKwiyahuraUmugoziUmusore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Katumbi Yafungiwe Iwe
Next Article Mbonimana Weguye Mu Nteko Kubera Umusemburo Arifuza Umwanya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?