Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gare Ya Nyabugogo Igiye Kuvugururwa, Kagame Yabivuze Mu 2017
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gare Ya Nyabugogo Igiye Kuvugururwa, Kagame Yabivuze Mu 2017

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2021 12:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tariki 19, Nyakanga, 2017 Perezida Kagame yabwiye abaturage bari baje kumva uko yiyamamazaga ko mu myaka irindwi yatangiye nyuma y’amatora yabaye muri Kanama, 2021, ko Gari ya Nyabugogo izavugurwa ikaba nziza.

Muri Nyakanga, 2017 ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga muri Nyabugogo yavuze ko bishoboka ko yazavururwa.

Perezida Kagame yagize ati: “…Nibigenda neza rero mu myaka irindwi iri imbere, ndashaka ko dukomeza guteza imbere hano. Hagahindura isura, hakaba hashya.”

Perezida Kagame yijeje abakoresha Nyabugogo ko izasanwa ikaba nziza kurushaho

Nyuma y’imyaka hafi ine abivuze Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje  ko hari gahunda yo kubaka gari ebyeri zizunganira iya Nyabugogo, kandi nayo ikavugururwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imwe muri izo Gare  izubukwa i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, indi yubakwe i Rusororo mu Karere Gasabo.

Bivugwa ko ziriya gare zizafasha mu kugabanya abantu benshi bahuriraga muri Nyabugogo kuko zo zizaba zizafasha abakorera ingendo mu Mujyi wa Kigali.

Gari ya Nyabugogo izasanwa irusheho guhabwa isura y’Umujyi wa Kigali n’ubushobozi bwo kwakira abava mu Ntara bawugana.

Bwana Merald Mpabwanamaguru ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali  avuga ko ziriya gare zataganyijwe mu gishushanyo mbonera.

Ati: “ Byakozwe mu rwego rwo koroshya ubwikorezi n’imigenderanire hagati y’abatuye Kigali n’izindi Ntara. Nyabugogo yo ifite umwihariko kuko ihuza ibice hafi ya byose by’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali.”

- Advertisement -

Ngo kubaka ziriya Gare bizakorwa k’ubufatanye na Banki y’Isi.

Bitaganyijwe ko mu mwaka wa 2040, abatuye Umujyi wa Kigali bazaba bagera kuri miliyoni eshatu zirenga.

Kubaka ibikorwa remezo birimo na za Gare biri mu rwego gutegura uko abazaba batuye uriya mujyi bazashobora gukora akazi kabo bisanzuye banatekanye.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko higeze kubaho gahunda yo kubaka Gare ku Kamonyi, igahurirwamo n’iziva mu Ntara y’Amajyepfo n’igice cy’i Burengerazuba, indi ikubakwa ku Giti cy’Inyoni ikajya yakira abaturuka mu Majyaruguru ni ukuvuga Gakenke, Rulindo, Musanze, Burera  na Rubavu indi ikaba i Gahanga igafasha mu zituruka mu Burasirazuba.

Byaje guhinduka kuko, uko bigaragara, byari buhende kurusha uko Gare ya Nyabugogo yavugururwa, igakomeza kuba ihuriro ry’imihanda iva hirya no hino mu Rwanda.

Ikindi twamenye ni uko Gare yo muri Rusororo izubakwa ahitwa Nyagasambu, mu gihe iyo mu Murenge wa Gahanga izubakwa ahasanzwe gare .

TAGGED:AmatorafeaturedGahangaGareKagameKigaliNyabugogoUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Gupfusha Perezida, Haiti Yasonzwe N’Umutingito
Next Article Gare Ya Nyabugogo Igiye Kuvugururwa, Kagame Yabivuze Mu 2017
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?