Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Abana Bahawe Icyumba Cy’Ubushakashatsi Mubya Robots
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gasabo: Abana Bahawe Icyumba Cy’Ubushakashatsi Mubya Robots

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2024 11:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abana biga ikoranabuhanga rya robots
SHARE

Ahitwa mu Rugando mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo haherutse gufungurwa icyumba cy’ikoranabuhanga mu gukora ibikoresho bikora nk’abantu bita robots kigenewe abana bakiri bato muri rusange.

Aba bana biga mu ishuri ryitwa New Generation Academy (NGA), rikaba ishuri ryitezweho kuzazamura ubumenyi bw’abana mu ikoranabuhanga bakiri bato.

N’ubwo ubwonko bw’umuntu bukomeza kwiga ibintu bishya kugeza apfuye, ubw’umwana bwo bwiga vuba cyane n’aho ubw’umuntu mukuru bukabikora burandaga.

Biterwa ahanini n’uko buba bikiyubaka bityo ibyo bufashe byose bukabigumana.

Kwigisha abana ikoranabuhanga bakiri bato bibashyira mu mwanya mwiza wo gukura barikunda kuko baba bararisongeye hakiri hare.

Ishuri ryabo ryo mu Rugando ryatangijwe na Minisiteri ya ICT na Inovasiyo ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo.

Bimwe mu byo abana biga muri ririya shuri bazifashisha, harimo ingofero z’ikoranabuhanga zituma barebera ikintu mu nguni eshatu, bita 3-D virtual environments.

Bahawe n’utudege duto bita drones bigiraho gutwara izi ndege zidasaba ko pilote aba azicayemo.

Umwe muri abo bana yabwiye The New Times ati: “ Iyi lab izatuma nkura nzi gutekereza nk’abahanga, nzi gutuma ibintu bikora kandi, muri uko gukorana, bigakoresha ikoranabuhanga”.

Yitwa Caela Orianne Ineza akaba afite imyaka 11 y’amavuko.

Abandi bana bashima ko bahawe ibikoresho bizabafasha mu gushushanya bya gihanga kugira ngo babone amanota ariko bakure bazi uko gushushanya bya gihanga bikorwa bikinjiriza ubikora.

Undi mwana witwa Tumusifu avuga ko kwiga imikorere ya robots ari ingenzi kuko yizeye ko bizamufasha gukora za robots, gukora ibikoresho nk’ibikombe, amasahane, n’utuntu n’utundi.

Jean Claude Tuyisenge uyobora Ikigo New Generation Academy asezeranya ko iriya lab- bise Robotics Maker’s Lab- izafasha abana guhuza ubumenyi babwo n’ikoranabuhanga rigezweho muri iki gihe.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya ICT na Inovasiyo Yves Irankunda avuga ko iyo abana batangiye gukunda ikoranabuhanga bakiri bato, bituma bakura ari abantu bazi guhanga udushya.

Abanyeshuri 25 n’abarimu batanu bashobora guhurira muri kiriya cyumba cy’ikoranabuhanga bagakorana.

Irankunda yabwiye itangazamakuru ko Leta y’u Rwanda ishaka ko abana bakurana ubumenyi mu ikoranabuhanga kugira ngo bizabagirire akamaro mu gihe kiri imbere.

Yemeza ko iyo abana bafite ubwo bumenyi, bakura bazi iby’ibanze mu guhanga udushya bakazagera muri za Kaminuza bafite ubumenyi bugari mu ikoranabuhanga na Inovasiyo.

U Rwanda rusanganywe ikigo cy’amashuri yisumbuye cyahariwe abanyeshuri b’indashyikirwa mu ikoranabuhanga kitwa Rwanda Coding Academy kiba mu Karere ka Nyabihu.

Abanyeshuri bakigaho baherutse kumurika imishinga y’ikoranabuhanga bakoze, ababaye aba mbere barabihemberwa.

Robot ni iki?

Robots ni igikoresho cy’ubushakashatsi mu bya gihanga

Robot ni imashini ikoreshwa na mudasobwa kugira ngo ikore ibyo abantu bakora, ibikore mu buryo bwuzuye cyangwa se bucagase.

Akenshi iyi mashini ikora nta muntu uyiri iruhande ngo ayirekere ahubwo ibyo ikora ikabishobozwa n’ikoranabuhanga iba yarashyizwemo cyangwa se rikaba riyikoresha riri ku ruhande, hafi aho.

Inyinshi muri robots ziri ku isi ni izikora imirimo y’imbaraga kandi zishobora kuyikorera ahantu ubusanzwe hashoboraga gushyira ubuzima bw’umuntu mu kaga.

Uzazisanga kwa muganga ziri kubaga ubwonko, umutima, amara…izindi uzisange mu birombe ikuzimu kure cyane aho umuntu atapfa kugera.

Hari n’izikoreshwa n’ingabo ku rugamba, hakaba na robots zoherejwe ku mubumbe wa Mars aho zimaze igihe zikusanya amakuru ku miterere y’uyu mugabane abantu barota kuzaturaho.

Ishami ry’ubumenyi bwiga imiterere n’imikorere ya za robots baryita Robotics .

TAGGED:AbanyeshurifeaturedIkoranabuhangaIrankundaRobots
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Aragarutse, Ibidukikije Bigiye Kukabona
Next Article The Ben Yababariye Fatakumavuta Asaba Urukiko Kumurekura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?