Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 5

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu ryafatiwe mu Karere ka Gasabo abant batatu bafite  magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro ka Miliyoni 5, 414, 000.

Abo bagabo baguwe gitumo bafite amakarito y’inzoga z’imivinyo( wines, vins) n’amacupa y’inzoga za liquors byose hamwe bifite agaciro k’amafaranga yavuzwe haruguru.

Bafatiwe  ku Kinamba, mu Murenge wa Kacyiru, batwaye izo nzoga mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota-Carina  ifite nimero RAD 319 C.

Bari bazishyiriye abakiriya bafatwa  ahagana ku saa moya z’umugoroba (19h00).

Umwe muri bo ufite imyaka 38 y’amavuko.

Yafashwe atwawe n’umushoferi w’imyaka 48.

Uyu yiyemerera ko inzoga zafashwe ari ize kandi ko amaze imyaka ibiri akora ubucuruzi bw’inzoga za liqueur.

Undi wafashwe ni umumotari ufite imyaka 33 y’amavuko akaba asanzwe atwara abagenzi kuri moto.

Hari undi wafatiwe mu rugo rwa nyiri inzoga afite amakarito abiri y’imivinyo yo mu bwoko bwa Drostdy nazo za magendu yari amuzaniye.

Mu nzoga zasanzwe mu bubiko bwe harimo izo mu bwoko bwa Drostdy Hof, Jameson, Remy Martin, Veuve, Baileys, Tequila n’izindi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko abaturage ari bo batanze amakuru, habanza gufatwa babiri muri bo nyuma yo kubakurikirana.

CP Kabera ati: “Habanje gufatwa babiri, ari bo nyiri nzoga n’umushoferi wari umutwaye. Bafatanywe amakarito 20 y’imivinyu ya Drostdy, bajya kwerekana aho uwo nyirazo atuye mu kagari ka Ruhango mu murenge wa Gisozi, ari naho hafatiwe umumotari wari umutegereje afite andi makarito abiri y’imivinyu yari amuzaniye nawe ahita afatwa. Hakurikiyeho gusaka mu cyumba yari yaragize ububiko naho haboneka amacupa 112 y’ubwoko butandukanye bw’inzoga za liqueur za magendu.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko biriya bicuruzwa byinjizwa rwihishwa mu Rwanda bivanywe mu bihugu bituranye nabyokandi ko ubwo bucuruzi ntibwemewe.

Yasabye abakiri muri ubu bucuruzi n’ababitekereza kubireka bagacuruza ibyemewe.

Abafashwe bashyikirizwa ubutabera kandi ibyo bafatanywe ntibibe bigicurujwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo  bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

TAGGED:featuredInzogaKaberaMagenduPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara
Next Article Nushora Mu Rwanda Ntuzabyicuza- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?