Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Bamukubise Urushyi Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Bamukubise Urushyi Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rwankuba, Akagari k’Agateko mu Murenge wa Jali muri Gasabo ejo mu masaha y’ijoro  bivugwa ko Sibomana Jean Pierre uri mu kigero cy’imyaka 28  yakubise urushyi Hakizimana Innocent w’imyaka 43 arapfa!

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Agateko, Hatangimana Jean Claude, yabwiye  UMUSEKE dukesha iyi nkuru  ko uwabikoze yabikoreshejwe n’ubusinzi.

Gitifu avuga ko byabaye saa tatu z’ijoro ubwo Jean Pierre yari agiye kuvunjisha ibiceri ahura na Innocent.

Uyu yabajije Jean Pierre ati: “ Kuki ugurira abagore njye ntungurire?”

Undi yahise arakara amukubita urushyi inzogera irirenga!

Urushyi bakubise Innocent rwamugushije hasi ntiyongera kweguka.

Gitifu avuga ko ibyo bikiba, yihutanywe ku ivuriro ngo barebe ko yazanzamuka ariko biranga.

Abaturage bakanguriwe kwirinda ubusinzi bukabije, kwirinda gusindira mu ruhame no kwirinda kwihanira.

Amakuru avuga ko ukekwaho kiriya cyaha asanzwe avugwaho imyitwarire y’ubusinzi.

Ikindi ni uko mbere y’uko ahura n’uwo musore, yabanje guca aho bakinira biyari ahava ajya kuvunjisha nibwo yahuraga n’uwo bashyamiranye mu buryo twavuze haruguru.

Umurambo wahise ujyanwa mu buruhukiro by’i Bitaro bya Nyarugenge mu gihe ukekwa afungiye kuri RIB sitasiyo ya Jali.

TAGGED:featuredGasaboInzogaUmugaboUrushyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Next Article Perezida Wa Koreya Ya Ruguru Mu Rugendo Ajya Mu Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?