Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umunyamakuru Afunzwe Azira Gukubita Uwamwishyuje Inzoga Yanyoye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Umunyamakuru Afunzwe Azira Gukubita Uwamwishyuje Inzoga Yanyoye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2022 4:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha buherutse gufata umugabo usanzwe ukora itangazamakuru kuri imwe muri radio zizwi cyane mu Rwanda nyuma y’uko buregewe ko yakubise umuntu wamwishyuje nyuma yo kwaka inzoga ntiyishyure.

Amakuru dufite avuga ko uwo musore Taliki ya 21, Nzeri, 2022, aribwo yakoze ibi byaha ubwo yajyaga mu kabari kari  mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri II, Umudugudu wa Rebero.

Yagize yo anywa inzoga mu kabari kandi z’amoko atandukanye nyuma ntiyishyura.

Uwari uje kumwishyuza niwe wakubiswe.

Hari ifoto Taarifa yabashije kubona yerekana aho uwo wakuswe yariwe n’inzara ku ijosi.

Ibi ni ibikomere bivugwa ko yakomerekeje uwari uje kumwishyuza

Ubugenzacyaha buvuga ko uriya musore akurikiranyweho ibyaha bitatu ari byo kwaka ikitari bwishyurwe, kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi ndetse no gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake

Kwaka ikitari bwishyurwe bihanwa N’INGINGO 175 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uwo bihamiye mu rukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’iminsi 15 ariko kitarenze amezi abiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Frw  100,000  ariko atarenze Frw  200,000  n’imirimo y’inyungu rusange mu gihe kitarenze iminsi 15 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi bihanwa n’ingingo ya 186 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uwo iki cyaha gihamye ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri ariko kiteranze amezi atandatu  n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Frw 300,000 ariko atarenze Frw 500,000 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Icyaha cyo gukubira cyangwa gukumeretse ku bushake ni icyaha gihanwa n’ingingo  121 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iki cyo iyo ugishinjwa agihamijwe n’inkiko ahabwa gifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze  imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya  Frw  500,000 ariko atarenze Frw 1,000,000.

TAGGED:GasaboInzogaUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarundi Barakajwe N’Uko Ingoma Zabo Ziherutse Gusuzugurirwa Muri Uganda
Next Article COMESA Irashaka Gutanga Ayo Gushora, Umunyarwandakazi Hari Icyo Asaba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?