Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Remera Akarere ka Gasabo ahitwa Rukiri II haraye hadutse inkongi ihitana umuzamu wari uraririye imari y’aho.

Amakuru twashoboye kubona avuga ko ibi byago byabaye saa munani na mirongo 35(02h35) z’ijoro.

Byabereye mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Rukiri II, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge witwa Déo Rugabirwa yabwiye Taarifa ko koko hari umuntu wahiriye muri ibyo byago arapfa.

Ni uwitwa Selemani Nambiyukuri w’imyaka 58 y’amavuko, akaba yari ashinzwe kurinda iyo nzu.

Rugabirwa avuga ko hari abandi bantu bakomerekejwe n’ibirimi by’umuriro ariko agashima ko Polisi yahise itabara ikawuzimya.

Iyo nzu yahiye yari Ibiro bya Station ya Essence yitwa Source Oil Ltd.

Uretse uwapfuye twavuze haruguru, abandi bakomerekejwe n’umuriro ni Régis Ishimwe Niyonkuru na Eric Tuyishime wari uje gutabara ndetse na Itangishaka, bose bajyanywe mu Bitaro bya Kibagabaga ngo bavurwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera Déo Rugabirwa avuga ko hakekwa ko intsinga zakomanyeho mu buryo budakwiye( court-circuit) bibyara inkongi.

Ku bw’amahirwe, iriya Station ifite ubwishingizi kandi ibyangiritse byabaruwe bifite agaciro ka Frw 500,000.

TAGGED:InkongiPolisiRemeraUmurengeUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Madagascar Mu Bucuruzi Bwagutse
Next Article Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?