Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Remera Akarere ka Gasabo ahitwa Rukiri II haraye hadutse inkongi ihitana umuzamu wari uraririye imari y’aho.

Amakuru twashoboye kubona avuga ko ibi byago byabaye saa munani na mirongo 35(02h35) z’ijoro.

Byabereye mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Rukiri II, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge witwa Déo Rugabirwa yabwiye Taarifa ko koko hari umuntu wahiriye muri ibyo byago arapfa.

Ni uwitwa Selemani Nambiyukuri w’imyaka 58 y’amavuko, akaba yari ashinzwe kurinda iyo nzu.

Rugabirwa avuga ko hari abandi bantu bakomerekejwe n’ibirimi by’umuriro ariko agashima ko Polisi yahise itabara ikawuzimya.

Iyo nzu yahiye yari Ibiro bya Station ya Essence yitwa Source Oil Ltd.

Uretse uwapfuye twavuze haruguru, abandi bakomerekejwe n’umuriro ni Régis Ishimwe Niyonkuru na Eric Tuyishime wari uje gutabara ndetse na Itangishaka, bose bajyanywe mu Bitaro bya Kibagabaga ngo bavurwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera Déo Rugabirwa avuga ko hakekwa ko intsinga zakomanyeho mu buryo budakwiye( court-circuit) bibyara inkongi.

Ku bw’amahirwe, iriya Station ifite ubwishingizi kandi ibyangiritse byabaruwe bifite agaciro ka Frw 500,000.

TAGGED:InkongiPolisiRemeraUmurengeUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Madagascar Mu Bucuruzi Bwagutse
Next Article Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Umubare W’Abarwara Mu Mutwe Kubera Inzoga Uriyongera

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?