Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Remera Akarere ka Gasabo ahitwa Rukiri II haraye hadutse inkongi ihitana umuzamu wari uraririye imari y’aho.

Amakuru twashoboye kubona avuga ko ibi byago byabaye saa munani na mirongo 35(02h35) z’ijoro.

Byabereye mu Mudugudu w’Amahoro, Akagari ka Rukiri II, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge witwa Déo Rugabirwa yabwiye Taarifa ko koko hari umuntu wahiriye muri ibyo byago arapfa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni uwitwa Selemani Nambiyukuri w’imyaka 58 y’amavuko, akaba yari ashinzwe kurinda iyo nzu.

Rugabirwa avuga ko hari abandi bantu bakomerekejwe n’ibirimi by’umuriro ariko agashima ko Polisi yahise itabara ikawuzimya.

Iyo nzu yahiye yari Ibiro bya Station ya Essence yitwa Source Oil Ltd.

Uretse uwapfuye twavuze haruguru, abandi bakomerekejwe n’umuriro ni Régis Ishimwe Niyonkuru na Eric Tuyishime wari uje gutabara ndetse na Itangishaka, bose bajyanywe mu Bitaro bya Kibagabaga ngo bavurwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera Déo Rugabirwa avuga ko hakekwa ko intsinga zakomanyeho mu buryo budakwiye( court-circuit) bibyara inkongi.

- Advertisement -

Ku bw’amahirwe, iriya Station ifite ubwishingizi kandi ibyangiritse byabaruwe bifite agaciro ka Frw 500,000.

TAGGED:InkongiPolisiRemeraUmurengeUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Madagascar Mu Bucuruzi Bwagutse
Next Article Umubano Mu Bantu: Abaturage Ba Nigeria Ntibashaka Ko Niger Iterwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?