Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Agahinda K’Umukecuru Ugiye Kwicwa N’Inzara Ubuyobozi Burebera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gatsibo: Agahinda K’Umukecuru Ugiye Kwicwa N’Inzara Ubuyobozi Burebera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2025 2:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inzara igiye kumuhitana.
SHARE

Mu Kagari ka Ndatemwa, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo hatuye umukecuru w’imyaka 71 urwaye indwara yamurembeje guhera muri Nyakanga, 2024. Siyo gusa imurembeje ahubwo n’inzara ntimworoheye.

Muri Kanama, 2024 umuhungu we witwa Célestin Kabayiza yaratabajwe ngo amujyane kwa muganga kuko yari yafashwe n’indwara itarahise imenyekana.

Yamugejeje yo akoresheje moto ariko ntiyahise akira ahubwo yararembye.

Mukandoli yabwiye Taarifa Rwanda ati: “ Nageze yo barancumbikira, ariko ntacyahindutse ku buzima bwanjye. Nabajije abaganga ubwoko bw’iyo ndwara bambwira ko nta kintu baramenya”.

Nyuma yarasezerewe arataha.

Mu minsi ishize ubwo twamusuraga, twamusanze iwe ari hanze yota akazuba k’agasusuruko. Uwo mubyeyi yari aryamye ku musambi yiyoroshye akaringiti gato.

Mu kutuvugisha, yaduhaye ikiganza ngo tumwegure yicare atuvugishe.

Ati: “ Muri bande, murashaka iki?”. Ijwi rye ntiryasohokaga neza kubera izabukuru ziyongereyeho uburwayi agiye kumarana umwaka.

Abajijwe niba yarigeze ajya kwa muganga kwivuza, yasubije ko yagiye yo ariko abaganga ntibabona icyo arwaye.

Ati: “Erega barandoze”.

Ibyo yabivugaga ari nako atunga urutoki mu rugo rw’uwo avuga ko wamuroze, akavuga ko mbere y’uko aremba, uwo muntu yari yaje iwe mu mugoroba, amuhamagara gatatu yikurikiranya.

Avuga ko uwabahamagaye yasanze basinziriye bamwumvira mu bitotsi, we n’umugabo we, ijwi bararimenya.

Mukandoli Ange avuga ko bucyeye bw’aho yahise arwara indwara yamuciye intege, iramunarura.

Taarifa Rwanda yamubajije niba hari umuyobozi waba waramusuye akagira icyo amufasha, aradutsembera, ahubwo atubaza niba natwe turi abayobozi tukaba tuje kumufasha.

Imbaraga zahise zimubana nke, yirambika ku gasambi.

Hejuru y’uburwayi n’izabukuru, Mukandoli avuga ko arembejwe n’inzara.

Ati: “ Wenda iyo mbona icyo ndya simba naranegekaye ntya! Uwampa agaceri, ibishyimbo n’utuvuta nagerageza kutumira nkaba nazanzamuka”.

Hejuru y’inzara hiyongeraho uburwayi agiye kumarana umwaka.

Avuga ko umuhungu we agerageza kumufasha ngo abone icyo arya, gusa amikoro akababana make.

Uyu mwana we yabwiye Taarifa Rwanda ko yita kuri Nyina uko ashoboye ariko ubushobozi bukamubana bucye mu gihe adashobora no kugira aho ajya gushakira imirimo yatuma iminsi yicuma.

Mu minsi ishize, mushiki we yarabasuye abasigira Frw 2,000 bikaba ari byo byari bibatunze mbere gato y’uko tubasura.

Umugabo wa Mukandoli yarabataye, ajya kubana n’umugore we muto utuye mu Murenge wa Gitoki muri Gatsibo.

Hari umwe mu bayobozi bo mu gace uyu mukecuru atuyemo utarashatse ko tumuvuga amazina uvuga ko azi ikibazo cya Mukandoli ariko ko ntacyo bari bamufasha.

TAGGED:featuredGatsiboIbiribwaIndwaraInzaraKiziguroUmukecuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Muri Rwaserera Ikomeye Yatewe Na Politiki Y’Abimukira
Next Article Umwicanyi Kazungu Yarajuriye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

Muhanga: Ba Nyiri Ibirombe Bibukijwe Gushyira Abakozi Muri Ejo Heza

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?