Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Bishe Icyemezo Cya Cabinet, Abanyeshuri Bataha ‘Badapimwe COVID’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatsibo: Bishe Icyemezo Cya Cabinet, Abanyeshuri Bataha ‘Badapimwe COVID’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2021 1:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’inkuru yavuzwe mu Murenge wa Kiramuruzi ko hari abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Gakoni Adventist College ruri i Kiramuruzi, bigaragambije bakangiza ibyo Minisiteri y’uburezi yise ibikorwa remezo, hafashwe umwanzuro wo gufunga iri shuri. Amakuru Taarifa ifite ni uko abanyeshuri burijwe za bus bataha iwabo  badapimwe COVID-19 kandi binyuranyije n’imwe mu ngamba zemejwe na ‘cabinet’

Imodoka zo mu bwoko bwa Coaster nizo zaje kubafata zibacyura mu masaha y’umugoroba  mu Ntangiriro z’iki Cyumweru.

Inama y’Abaminisitiri yategetse ko abanyeshuri biga mu Ntara bakomeza amasomo

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Minisiteri y’uburezi yatangaje ko ishuri rya Gakoni Adventist College rifunzwe kubera ‘imyitwarire mibi y’abanyeshuri irimo kwangiza ibikorwa remezo no kubangamira ubuyobozi bw’ishuri na Polisi’ yari yaje guhosha iriya myigaragambyo.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko iriya myitwarire  yakozwe n’abanyeshuri tariki 07, Gashyantare, 2021 idahwitse

Ubu ikigo kirafunze, abana bose barenga 300 baratashye.

Ikigo cya Gakoni Adventist College cyafunzwe na Minisiteri y’uburezi

Umwe mu baturage baturiye kiriya kigo avuga ko atigeze abona abakozi ba RBC cyangwa abandi baganga baza gupima abanyeshuri mbere y’uko burizwa imodoka bagacyurwa iwabo.

- Advertisement -

Ati: “ Iyo urebye ukuntu hari akavuyo, abantu badatuje muri bo kandi ukareba ubukana ibintu byari bifite nsanga batirigeze bapima bariya bana icyorezo cya COVID-19.”

Hari undi mugabo watubwiye ko yiboneye imodoka zishyiramo abanyeshuri mu masaha y’umugoroba zirabacyura.

Umwe mu myanzuro y’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri iheruka uvuga ko amashuri yo mu Ntara z’u Rwanda ‘agomba gukomeza gukora hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.’

Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya yigeze gusobanurira imwe muri radio zo mu Rwanda ko abanyeshuri biga mu Ntara bagomba kugumayo,  bakiga kugira ngo badataha bakaba bakwanduza cyangwa bakandura COVID-19 bageze iwabo.

Kubera ko amakuru dufite avuga ko abanyeshuri bo muri Gakoni Adventist College bacyuwe iwabo badapimwe, hari impungenge z’uko bashobora kugera iwabo bakandura cyangwa bakanduza kiriya cyorezo.

Taarifa yahamagaye ubuyobozi bw’ikigo cya Gakoni Adventist College ngo agire icyo adutangariza ariko ntiyafata telefoni.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Bwana Richard Gasana nawe ntiyafashe telefoni ye kugira ngo agire icyo atangaza kuri iki kintu kireba ubuzima bw’abaturage muri rusange.

TAGGED:featuredMinisiteriUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingengabihe Y’Amarushanwa Ya Miss Rwanda 2021
Next Article Minisitiri Munyangaju Yasuye Ikipe Ya Basket ya Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?