Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Umukecuru Mukandoli Yajyanywe Kwa Muganga Ahabwa Ibiribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gatsibo: Umukecuru Mukandoli Yajyanywe Kwa Muganga Ahabwa Ibiribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 June 2025 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bimwe mu byo baremeye uyu mubyeyi
SHARE

Mu masaha ashyira igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10, Kamena, 2025 ubuyobozi bw’Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo bwajyanye kwa muganga umukecuru Mukandoli Ange Taarifa Rwanda yari imaze iminsi ikorera ubuvugizi.

Uyu mubyeyi, ubana n’uburwayi amaranye hafi umwaka, yari amaze igihe atakambira abahisi n’abagenzi ko uburwayi n’inzara bigiye kumuhitana.

Iwe mu Mudugudu wa Bigugu mu Kagari ka Ndatemwa, muri Kiziguro ahabana na bucura bwe witwa Célestin Kabayiza w’imyaka 30, ariko utagira akazi.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo Taarifa Rwanda yamenye ibibazo bye, biratangazwa.

Abasomyi bacu bahise bisuganya bamubonera ibyo kuba ashyize ku ziko ariko biza kurangirana n’impera z’icyo cyumweru.

Ku wa Mbere  mu ma saa yine nibwo ubuyobozi bw’Umurenge bwamusuye ariko ntibwagira icyo bumushyira, gusa bumwizeza ko hari icyo azabona ‘bidatinze’.

Inkuru zacu zakurikiyeho zahwituye ubuyobozi bw’uyu Murenge bituma bumuremera ibyo kurya n’ibikoresho bike byo mu rugo ngo abone icyo arya by’igihe gito.

Nubwo igitutu cy’itangazamakuru kitashimishije abayobozi mu nzego z’ibanze, cyagiriye akamaro uwo mubyeyi kuko yaraye ajyanywe kwa muganga, ndetse abona n’ibyo biribwa.

Ni intambwe nziza ariko ikwiye gukurikirwa n’ingamba zirambye zo kwita kuri uyu mubyeyi, ufite uburwayi n’abana bakuru ariko bakennye.

TAGGED:GatsiboIbiribwaInkungaUburwayiUmukecuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa: Abana Bo Munsi Y’Imyaka 15 Bagiye Kubuzwa Imbugankoranyambaga
Next Article Gukaraba Intoki Byongere Bigirwe Akamenyero Mu Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?