Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gaza: Abana 21 Bishwe N’Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Gaza: Abana 21 Bishwe N’Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Muri Gaza inzara iranuma.
SHARE

Mu gihe cy’amasaha 72 abana 21 bo mu Ntara ya Gaza bishwe n’inzara kubera ko amakamyo yari bubigeze mu nkambi aho bari yabujijwe kuhinjira n’ingabo za Israel. Ni ibyemezwa n’abanyamakuru ba BBC n’aba NBS News bakorera muri aka gace.

Ibyo ibi binyamakuru bivuga ko byabibwiwe n’umwe mu baganga bakurikirana aba bana ndetse n’abandi barwayi baza mu bitaro byitwa Shifa Hospital bihakorera.

Uwo muganga witwa Dr. Mohammed Abu Salmiya avuga ko muri rusange hari abana 900,000 inzara yazengereje, ubuzima bwabo bukaba buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Umunyamabanga Mukuru wa UN witwa Antonio Guterres nawe avuga ko ubuzima bw’abo bana buri mu marembera kandi, ikibabaje kurushaho nk’uko abivuga, nta cyizere ko ibintu bizaba byiza mu gihe gito kiri imbere.

Kuri uyu wa Mbere tariki 21, Nyakanga, 2025 hari ibihugu 27 birimo n’Ubwongereza byishyize hamwe byamagana ibyo byise ‘ubwicanyi bukomeye’ bukorerwa abatuye Gaza.

Ikindi kintu giteye inkeke ni uko Israel yatangije ibitero byo ku butaka biri gukorwa muri kamwe mu duce twa Gaza twasaga n’udutekanye kugeza ubu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, ryemeza ko icyo gitero kije gusonga abantu bari basanzwe babayeho nabi.

Abaganga bavuga ko mu bana 900,000 bashonje muri Gaza, abagera kuri 70,000 baranegekaye.

Mu bantu benshi basonzeye muri Gaza harimo n’abakuru bafite ikibazo cy’impfiko kuko nta mazi ahagije zibona ngo ziyungurure.

Ijwi ritabariza Gaza

Mu gihe ingabo za Israel zidakozwa ibyo gupfa gufungura ngo amakamyo yose, cyangwa byibura ahagije, yinjize ibiribwa muri Gaza, hari umuyobozi witwa Prof. Zion Hagay usaba ko byibura muri kiriya gice hagezwa imiti ihagije.

Ayobora Umuryango witwa President of the Israeli Medical Association (IMA).

Abasirikare ba Israel bakomeje ibikorwa byabo. Ifoto: The Jerusalem Post.

Times of Israel yanditse ko Prof Hagay yavuze ko ibiherutse kuba ubwo ingabo z’igihugu cye zarasaga ahantu abaturage bari baje gufatira imfashanyo zakoze ibidakorwa.

Icyo gihe haguye abantu 73 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubuzima ikorera muri aka gace.

Uriya muganga avuga ko ibyo biramutse ari ukuri, byaba ari ukwica nkana amategeko agenga abaganga n’amategeko mpuzamahanga yo gutabara abari mu kaga.

Inshuti ya Israel ari yo Leta zunze ubumwe z’Amerika nayo ihangayikishijwe n’imyitwarire y’ubuyobozi bwa Israel muri iki gihe.

Umwe mu bakozi bakuru mu Biro bya Perezida Trump utaratangaje amazina ye yabwiye Axios ko ibyo Benyamin Netanyahu akora bituma isura y’Amerika izaho icyasha mu maso y’abantu batuye Uburasirazuba bwo Hagati.

TAGGED:AbanaIngaboIsraelUbutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuholandi Ukomeye Mu Gusiganwa Ku Magare Yivanye Muri Tour du Rwanda
Next Article Nyarugenge: Umugore Yafatanywe Urumogi N’Umunzani ‘Warwo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?