Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gaza: Abana 21 Bishwe N’Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Gaza: Abana 21 Bishwe N’Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Muri Gaza inzara iranuma.
SHARE

Mu gihe cy’amasaha 72 abana 21 bo mu Ntara ya Gaza bishwe n’inzara kubera ko amakamyo yari bubigeze mu nkambi aho bari yabujijwe kuhinjira n’ingabo za Israel. Ni ibyemezwa n’abanyamakuru ba BBC n’aba NBS News bakorera muri aka gace.

Ibyo ibi binyamakuru bivuga ko byabibwiwe n’umwe mu baganga bakurikirana aba bana ndetse n’abandi barwayi baza mu bitaro byitwa Shifa Hospital bihakorera.

Uwo muganga witwa Dr. Mohammed Abu Salmiya avuga ko muri rusange hari abana 900,000 inzara yazengereje, ubuzima bwabo bukaba buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Umunyamabanga Mukuru wa UN witwa Antonio Guterres nawe avuga ko ubuzima bw’abo bana buri mu marembera kandi, ikibabaje kurushaho nk’uko abivuga, nta cyizere ko ibintu bizaba byiza mu gihe gito kiri imbere.

Kuri uyu wa Mbere tariki 21, Nyakanga, 2025 hari ibihugu 27 birimo n’Ubwongereza byishyize hamwe byamagana ibyo byise ‘ubwicanyi bukomeye’ bukorerwa abatuye Gaza.

Ikindi kintu giteye inkeke ni uko Israel yatangije ibitero byo ku butaka biri gukorwa muri kamwe mu duce twa Gaza twasaga n’udutekanye kugeza ubu.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, ryemeza ko icyo gitero kije gusonga abantu bari basanzwe babayeho nabi.

Abaganga bavuga ko mu bana 900,000 bashonje muri Gaza, abagera kuri 70,000 baranegekaye.

Mu bantu benshi basonzeye muri Gaza harimo n’abakuru bafite ikibazo cy’impfiko kuko nta mazi ahagije zibona ngo ziyungurure.

Ijwi ritabariza Gaza

Mu gihe ingabo za Israel zidakozwa ibyo gupfa gufungura ngo amakamyo yose, cyangwa byibura ahagije, yinjize ibiribwa muri Gaza, hari umuyobozi witwa Prof. Zion Hagay usaba ko byibura muri kiriya gice hagezwa imiti ihagije.

Ayobora Umuryango witwa President of the Israeli Medical Association (IMA).

Abasirikare ba Israel bakomeje ibikorwa byabo. Ifoto: The Jerusalem Post.

Times of Israel yanditse ko Prof Hagay yavuze ko ibiherutse kuba ubwo ingabo z’igihugu cye zarasaga ahantu abaturage bari baje gufatira imfashanyo zakoze ibidakorwa.

Icyo gihe haguye abantu 73 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubuzima ikorera muri aka gace.

Uriya muganga avuga ko ibyo biramutse ari ukuri, byaba ari ukwica nkana amategeko agenga abaganga n’amategeko mpuzamahanga yo gutabara abari mu kaga.

Inshuti ya Israel ari yo Leta zunze ubumwe z’Amerika nayo ihangayikishijwe n’imyitwarire y’ubuyobozi bwa Israel muri iki gihe.

Umwe mu bakozi bakuru mu Biro bya Perezida Trump utaratangaje amazina ye yabwiye Axios ko ibyo Benyamin Netanyahu akora bituma isura y’Amerika izaho icyasha mu maso y’abantu batuye Uburasirazuba bwo Hagati.

TAGGED:AbanaIngaboIsraelUbutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuholandi Ukomeye Mu Gusiganwa Ku Magare Yivanye Muri Tour du Rwanda
Next Article Nyarugenge: Umugore Yafatanywe Urumogi N’Umunzani ‘Warwo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?