Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen. Alex Kagame Yasabye Ab’I Rubavu Kuryamira Amajanja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gen. Alex Kagame Yasabye Ab’I Rubavu Kuryamira Amajanja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2021 7:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wa Divisiyo ya Gatatu y’Ingabo z’u Rwanda Major General Alexis Kagame yabwiye abatuye Akarere ka Rubavu kuba maso, nyuma y’igitero abarwanyi ba FDLR baherutse kugaba kikica Ambasaderi w’u Butaliyani i Rutshuru.

Gen. Alex Kagame yabibwiye abatuye Imirenge ya Busasamana, Bugeshi na  Cyanzarwe.

Iyi mirenge ikora ku butaka bwa DRC.

Imiryango mpuzamahanga yashinje FDLR ubwicanyi bwakorewe Ambasaderi Attanasio.

IGIHE yanditse ko Umuyobozi w’Ingabo muri kariya gace avuga ko kuba FDLR ivugwaho buriya bwicanyi bivuze ko ifite imbaraga kandi ishobora gutera abaturage b’u Rwanda baturiye kariya gace.

Yagize ati: “Turacyafite ikibazo duterwa n’uriya mutwe w’abarwanyi. Kuri uyu wa Mbere mwumvise ibyo wakoreye kuri Ambasaderi w’u Butaliyani muri DRC. Abakoze buriya bwicanyi basanzwe bafite ibirindiro mu gace gaturiye ikirunga cya Nyamuragira. Bica abantu, bagasahura kandi bahorana icyifuzo cyo gutesha Abanyarwanda umutekano. Iyo niyo mpamvu tutagomba kubajenjekera ngo twumve ko ibintu ari amahoro.”

Avuga ko ibyo bariya barwanyi bakoze byerekana ko bagifite inyota yo kwica abaturage kandi bashobora no kudutera.

Abatuye Bugeshi, Cyanzarwe na Busasamana barasabwa kuba maso

Yabijeje ko ingabo z’u Rwanda ziri maso ariko ko nabo bagomba gukomeza kuba maso.

Abaturage basabwe kujya batanga amakuru arebana n’ikintu cyose babona gishobora kubahungabanyiriza umutekano

Hari amakuru avuga ko FDLR ikorera muri kariya gace ifitanye imikoranire na RNC

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Yatanze Kandidatire Yo Kuyobora EAC
Next Article Itsinda Rya Commonwealth Ryanyuzwe N’Aho U Rwanda Rugeze Rwitegura CHOGM 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?