Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kabarebe Yabwiye Urubyiruko Inama Kagame Yabahaye Bagatsinda Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Kabarebe Yabwiye Urubyiruko Inama Kagame Yabahaye Bagatsinda Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe mu kiganiro yaraye ahaye urubyiruko, yavuze ko ubwo abasirikare ba RPA babwiraga Perezida Paul Kagame( icyo gihe yari umugaba wabo mu kubohora u Rwanda) ko umwanzi abarusha imbaraga, yabasubije ko ibyo bidashoboka.

Ubwo Maj Gen Paul Kagame( yari umugaba w’ingabo z’Inkotanyi ku rugamba rwo kubohora u Rwanda) yageraga ku rugamba agasanga hari bamwe mu basirikare bacitse intege, yababwiye amagambo yabasubijemo imbaraga.

Gen Kabarebe yabwiye urubyiruko rwari rumuteze amatwi ko amagambo Perezida Kagame yababwiye yongeye kububakamo imbaraga zo gukomeza urugamba biyemeje.

Icyo gihe ngo yababwiye ko umwanzi adashobora kubarusha imbaraga kubera ko ‘bari bafite impamvu yo kurwana’ ndetse n’intambara yabo ikaba ‘yari ifite ukuri.’

Kabarebe yavuze ko n’abo[urwo rubyiruko rwari rumukurikiye] bahuza imbaraga bagakomeza kubaka igihugu kuko n’abakibohoye nabo bari bakiri bato kandi baturutse mu ngeri nyinshi  z’imirimo n’ubumenyi bitandukanye.

‘Icyita rusange’ cyagejeje kandi kizageza Abanyarwanda kubyo biyemeje ni ukubaha no gushyira mu bikorwa indangagaciro z’umuco wabo.

Ikindi ni uko  indangagaciro Abanyarwanda bavomye mu rugamba rwo kubohora igihugu ari ingenzi mu gukomeza kubaka u Rwanda rw’ubu n’urw’ejo hazaza.

Ati “Umuntu yazita imbaraga zishyize hamwe, abantu bakazigira bose, bakabaduka bagafata umugambi wo kubohora igihugu cyacu bakanahagarika Jenoside. Izo mbaraga rero ziba zikubiyemo ibintu byinshi cyane.”

Yabwiye urubyiruko ko aho buri wese aaho aherereye, umurimo akora uwo ariwo wose ashobora kugira uruhare mu kubaka igihugu cye.

Ni ibintu avuga ko babishobozwa no kugira indangagaciro.

Gen Kabarebe avuga ko ubusanzwe indangagaciro zubakwa, zikigishwa binyuze mu mpanuro.

Yatanze inama y’uko iyo uretse abantu  ngo babe ba kimeza, umuntu akure uko ashatse, akore uko ashatse, yumve ibyo ashatse, atigishwa, atabungabungwa, ngo ashyirwe mu murongo umwerekeza mu ndangagaciro nzima, aratana akajya mu bindi.

Gen Kabarebe avuga ko FPR Inkotanyi yagize imbaraga ziturutse ku buyobozi n’imiyoborere myiza yari irangajwe imbere na Paul Kagame wari Umugaba w’Ingabo.

Yabwiye urubyiruko ko urugendo Perezida Kagame yakoze ava muri Amerika akemera kuza ku rugamba kandi yumva ko rukomeye ndetse uwari uruyoboye yamaze gupfa, ari ibintu bifite icyo bivuze kandi gikomeye ku rubyiruko.

Ngo nta mbunda yigeze azana, nta masasu, icyakora ngo yazanye impamba y’indangagaciro nyinshi cyane zidadiye yagombaga gushyira muri urwo rubyiruko yari asanze.

Izo ndangagaciro zeretse urubyiruko ko rwagombaga gukunda u Rwanda, bakemera kugipfira batizigamye, rukamenya kwihangana, kunamba no gukoresha bike rukagera kuri byinshi.

Gen Kabarebe asanga kuba Abanyarwanda baranyuze muri Jenoside, byatumye bamenya imbaraga bisaba mu kuyihagarika no kongera kubaka igihugu kitazongera kurangwamo Jenoside.

Uyu musirikare mukuru avuga ko urubyiruko rukeneye kwiga amateka y’igihugu kugira ngo ibyo rukora rubikore ruzi neza  aho igihugu cyavuye n’aho kigana.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIndangagaciroKabarebeKagameUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burkina Faso Irashaka Kwihuza Na Mali
Next Article Ese Tshisekedi Aritabira Inama Y’Abakuru Ba EAC Ibera I Bujumbura?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?