Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kainerugaba Muhoozi Yongeye Guhura Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Kainerugaba Muhoozi Yongeye Guhura Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 7:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe gito yari amaze aje mu Rwanda guhura na Perezida warwo Paul Kagame, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba kuri uyu wa Mbere taliki 15, Werurwe, 2022 nabwo yageze mu Rwanda aje kuganira nawe ku zindi ngingo zirebana no kunoza umubano hagati y’u  Rwanda na Uganda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ni umuhugu wa Perezida Museveni, umujyanama we mu bya gisirikare ndetse akaba ari nawe Mugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege i Kanombe, kuri uyu wa Mbere yakiriwe na bamwe mu basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda.

President Kagame is now meeting with General @mkainerugaba, Senior Presidential Advisor on Special Operations and Commander of UPDF Land Forces to discuss Rwanda-Uganda relations. pic.twitter.com/5X8MgcO64d

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) March 14, 2022

Mu masaha y’igicamunsi yahuye na Perezida Paul Kagame mu Biro bye Village Urugwiro bagirana ibiganiro ariko Ibiro by’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda ntibiragira icyo bitangaza ku byo aba bayobozi baganiriyeho.

Gen Kainerugaba agarutse mu Rwanda nta gihe kinini gishize n’ahavuye.

Nyuma yo kuhava hari intambwe yahise iterwa mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda .

Imwe muri zo ni uko Major General Abel Kandiho wayoboraga Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda yahise akurwa kuri uriya mwanya.

Uyu mugabo yashinjwaga n’u Rwanda gukoresha ububasha afite agahohotera abaturage barwo bagiye muri kiriya gihugu gushaka amaramuko.

Indi ntambwe ni uko bidatinzeu Rwanda rwafunguye umupaka wa Gatuna, usanzwe ari umupaka ukoreshwa cyane hagati y’ubucuruzi bw’ibi bihugu.

Gen Muhoozi yari aherutse gutangaza ko azagaruka mu Rwanda kuganira na Perezida Kagame ku zindi ngingo.

Mu mpera za Gashyantare, 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yanditse kuri Twitter ko nyuma y’uko yari aherutse gusura u Rwanda akaganira na Perezida Kagame yita ‘Uncle’(Nyirarume), mu minsi micye iri imbere azongera kugaruka mu Rwanda.

Yanditse ko nyuma y’aho aviriye mu Rwanda, yakomeje kuganira na Perezida Kagame  bemeranya ko Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba azagaruka gusura u Rwanda bakaganira ku zindi ngingo ‘zireba umubano mwiza hagati’ ya Kigali na Kampala.

Icyo gihe yaranditse ati: “ Nyuma y’uko kuganira na Marume, Perezida Kagame, mu gitondo cy’uyu munsi twemeranyije ko nzagaruka mu Rwanda mu minsi micye iri imbere tukaganira ku bibazo bisigaye bireba Uganda n’u Rwanda.”

Aho  Gen Muhoozi agereye muri Uganda avuye kubonana na Perezida Kagame ubwo aheruka ino,  abo mu mutwe w’iterabwoba uvuga ko ushaka gukuraho ubutegetsi bwa Kigali bakutse umutima.

Umutima warushijeho gukuka ubwo Lt Gen Muhoozi yasabaga abo muri RNC kudakoresha Uganda ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

 

TAGGED:featuredKagameKainerugabaMuhooziMuseveniRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Hagati Y’u Rwanda Na Singapore Bwageze No Mu Butabera
Next Article Abapolisi Bakuru Basuye Minisiteri Y’Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?