Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2024 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Maj Gen Alex Kagame wari usanzwe uyobora inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique yaraye aherekanyije ububasha na Maj Gen Emmanuel Ruvusha ngo aziyobore.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 07, Nzeri 2024, i Mocimboa Dá Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Mu guhererekanya ubu bubasha, hari hari n’izindi nzego z’umutekano no mu rwego rushinzwe iperereza n’umutekano w’Igihugu, NISS.

Ubwo yageraga muri Mozambique, Maj Gen Emmanuel Ruvusha yasobanuriwe byinshi atemberezwa mu duce inzego z’umutekano z’u Rwanda zigenzura twa Mocimboa da Praia, Chinda, Palma, Afungi, Pundanhar, Macomia, Ancuabe ndetse na Pemba.

Maj. Gen Ruvusha yashimye mugenzi we ucyuye igihe kubera imbaraga n’ubwitange yagaragaje mu gufasha abo yari ayoboye kuzuza inshingano zabo.

Muri Kanama irangira nibwo itsinda rishya ry’ingabo z’u Rwanda ryagiye muri Mozambique gusimbura bagenzi babo.

Kubasezeraho byabereye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, witabirwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano.

Muri Nyakanga 2021, nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo na Polisi bagiye kurwanya ibyihebe bya Ansar al-Sunna mu Ntara ya Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique.

Zakoze akazi kazo neza kugeza ubwo abaturage bari baravanywe mu byabo n’ibikorwa by’iterabwoba by’uyu mutwe, bongera kugaruka.

TAGGED:featuredKagameMozambiqueRuvusha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSB Yahagaritse Gutanga Ikirango ‘R-Mark’
Next Article I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?