Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Gerayo Amahoro’ Yageze No Mu Bakozi Ba Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Gerayo Amahoro’ Yageze No Mu Bakozi Ba Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2023 7:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubukangurambaga bugamije kwibutsa Abanyarwanda akamaro ko kwitwararika igihe cyose bakoresha umuhanda bwiswe Gerayo Amahoro, bwakomereje mu bigo bya Leta. Icy’imisoro n’amahoro( Rwanda Revenue Authority, RRA) nicyo cyahereweho.

Abakozi bibukijwe  uko bakwiye kwitwara mu rwego rwo kwirinda impanuka zihitana ubuzima bw’abantu, abandi bagakomereka ndetse bakagira ubumuga bwa burundu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police, ( CP) John Bosco Kabera yabwiye abakozi b’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro ko Gerayo amahoro ireba buri wese.

Umuvigizi wa Polisi avuga ko intego ari uko buri wese agera aho ajya amahoro kandi no gutaha bikaba uko.

Udakoresha umuhanda yitwaye, awukoresha bamutwaye bityo rero ni inshingano ya buri wese kumenya uko yirinda icyabangamira undi kigashyira ubuzima bwe mu kaga.

CP Kabera yabwiye abakozi bamwumvaga ati: “Ubutumwa bwa Gerayo Amahoro bugomba kugera kuri buri wese kugira ngo hatazagira usigara inyuma muri uru rugamba rwo guharanira umuhanda utekanye kandi kuri bose”.

Avuga ko abakozi ba Leta bari mu bantu bakoresha umuhanda kenshi bityo bakwiye kwibutswa ibyago bahuriramo nabyo n’uburyo bwiza bwo kubyirinda bakabirinda n’abandi.

Umuvigizi wa Polisi avuga ko intego ari uko buri wese agera ku kazi ke amahoro kandi akaza gutaha akagera iwe amahoro.

Abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro bashimye ko Polisi ifata umwanya ikaza kwibutsa Abanyarwanda ibyiza byo kwirinda impanuka.

Ku rukuta rwa Twitter rw’iki kigo, abakozi bacyo banditse ko ‘bagomba kuzirikana gukoresha neza’ umuhanda kuko amagara aseseka ntayorwe.

Komiseri wungirije ushinzwe abasora muri iki kigo witwa Uwitonze Jean Paulin

Impanuka zo muhanda ziza ku mwanya wa munani muri rusange, mu guhitana abantu benshi ku isi.

Imibare ivuga ko abantu 1,350,000 bapfa buri mwaka bazize impanuka.

Mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, impanuka ziri ku mwanya wa gatatu mu bihitana abaturage.

Mu mwaka wa 2022, mu Rwanda habaruwe impanuka zigera ku 9400. Zishe abantu 650, zikoremeretsa abandi 4000.

Indi nkuru wasoma:

Imyumvire Mibi Iri Mu Bitera Impanuka Zo Mu Muhanda-Polisi

TAGGED:AmahorofeaturedGerayoImisoroImpanukaKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Irahira Rya Erdogan Wa Turikiya
Next Article Nyanza: Baravugwaho Kwica Umukobwa Bamuziza Frw 100
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?