Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gereza Yarankosoye:P-Fla
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Gereza Yarankosoye:P-Fla

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2021 2:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri iki gihe agaragaraho ubwitonzi kandi yashinze studio itunganya umuziki yise Quit Money, ibi byose akabikesha ko yafunzwe bikamugorora.

Kuri we gufungwa byamufashije kugororoka, ubu akaba atangiye kugira icyerekezo mu buzima.

Yabwiye Taarifa ko iyo ataza gufungwa ngo abimenyere kandi bimugorore, bitari kumworohera kubahiriza Gahunda ya Guma Mu Rugo.

Ubwo Guma Mu Rugo ya Mbere yatangiraga, P-Fla yatangaje ko abayeho nabi, ndetse atakambira abantu ko bamuba hafi, ‘bakamuremera.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo yatakambaga  asaba ko yatabarwa kuko  imibereho yari imeze nabi, P Fla yabwiye imwe muri television zikorera kuri murandasi ko ativugaga wenyine, ahubwo ko yavugiraga na bagenzi be b’abahanzi bari babayeho nabi.

Ati: “Nasohoye ubutumwa butandukanye ariko uburyo mbivugamo bamwe bakabifata uko bishakiye ariko mba nshaka kuvugira abandi.”

P Fla yafunzwe inshuro nyinshi nyuma yo gufatwa anywa  ibiyobyabwenge ariko aza kubireka nk’uko abivuga.

Ubuzima bwo muri gereza bwamufashije kumenya ubwenge, asanga atakomeza muri uwo murongo w’ubuzima, ubu akaba yemeza ko yagororotse.

Ati “Njyewe narafunzwe ariko simbyicuza ahubwo ndabishimira. No mu rukiko nemeye icyaha nsaba n’imbabazi iyo wabyemeye uba ufunzwe uzi impamvu ufunzwe ugafata ibyo bihano Imana yagufasha bikarangira neza ukiri muzima.”

- Advertisement -

Anenga ko inkunga iterwa abandi bahanzi itamuregeraho…

Mu minsi ishize hari abahanzi basabwe ko  ubishaka yatanga umushinga we ugaterwa inkunga. Abatanze imishinga myiza igatsinda bahawe Miliyoni  Frw 10.

P Fla avuga ko nta na rimwe aragerwaho n’ayo mafaranga.

Ati “Nta gitaramo mperuka n’ubu nta kintu mperuka kwinjiza biturutse ku muziki. Amafaranga bivugwa ko atangwa njye ntabwo angeraho. Mugihe k’ibibazo ntabwo wajya kunsaba gukora umushinga ngo bikunde…Wamfasha ahubwo ukayampa utagiye kunsaba ibyo kandi ubizi ko twugarijwe.”

Hagati aho ntiyareze amaboko, ahubwo yashinze Studio yita ‘Quiet Money’ akaba akorana umukobwa witwa Ally Popo.

Avuga ko abandi azabatangaza nyuma.

 

TAGGED:AbahanziP-FlaStudioUmuraperi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yatanze Umunya Uganda Wari Umuzaniye Urumogi
Next Article Avuga Ko Amateka Y’u Rwanda Ababaje Ariko Ruhesha Ishema Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?