Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2025 7:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abana biga inderabarezi mu ishuri rya TTC Groupe Scolaire de la Salle riri mu Karere ka Gicumbi bashima uko bigishwa ariko bagasaba ko bahabwa ahantu hanini ho kwigira ikoranabuhanga no gusomera ibitabo.

Umwe mu bahiga witwa Joyeuse avuga ko kwiga uburezi ari byiza kuko bituma umuntu agira uruhare mu kurema ubwenge bwa muntu nawe akazagirira abandi akamaro.

Ati: “Kwigisha ni ibintu byiza. Gusa nyine ni uko abantu bose batabishobora ariko rwose ndabibakumbuje.”

Yasabye ko bahabwa imashini zihagije zo gukoresha biga ikoranabuhanga kandi bakongererwa ibitabo byo kwigishirizamo mu mashuri abanza.

Umwarimu witwa Prospère Ndagijimana wigisha muri ishuri rya TTC Groupe Scolaire de la Salle akaba amaze imyaka 25 yigisha avuga ko nta byiza nkabyo.

Ndagijimana avuga ko mbere umwarimu ari we wahaga umwana ubumenyi, ubu umwana akaba ari we wihugura, akigishwa hashingiwe kubyo ashoboye azi.

Ati: “Twigisha abana binyuze mikino, bakigishwa kumenya uko bigisha.”

Frère Jean Paul Niyonshuti uyobora Teacher Training Center(TTC) Groupe Scolaire de la Salle mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi avuga ko ikigo ayoboye gifite akamaro kanini mu gutuma u Rwanda ruzagira abarezi bashoboye.

Niyonshuti avuga ko kuva icyo gihe ryateguraga abarimu, ariko mu myaka mike yakurikiye ryaje gutegura abiteguraga kuzaba abihaye Imana rikaba ishuri riyoborwa n’abihaye Imana guhera mu mwaka wa 1953.

Mu mwaka 1983 ryaje guhabwa umwihariko wo kwigisha imibare n’ubugenge ndetse n’ibinyabuzima n’ubutabire.

Mu mwaka wa 2011 no mu wa 2021 habaye izindi mpinduka zemeje ko riba ishuri ritegura abarimu mu buryo budasubirwaho.

Ati: “Uyu munsi rero iri shuri rifite abanyeshuri 993 barimo abahungu 464 n’abakobwa 529 biga mu mashami ane afite aho ahuriye no kwigisha uburezi.”

Ayo mashami ni iry’imibare na siyansi, iry’indimi, ishami ry’amasomo mbonezamubano n’abiga kwigisha abana b’incuke.

Jean Paul Niyonshuti avuga ko uko iminsi ihita indi igataha, ari ko ikigo ayoboye gitera imbere akemeza ko ubu gifite ibikenewe byose ngo ukigaho abone uburezi nyabwo buzatuma aha mwarimu nyawe.

Ibi bigerwaho bishingiye no ku nteganyanyigisho ishingiye ku bushobozi bw’umwana, ikaba nziza n’ubwo hari ibikenewe kunozwa ngo ikomeze kuba ingirakamaro.

Umuyobozi mukuru ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho muri Minisiteri y’uburezi Jean Claude Hashakineza avuga ko Leta ishaka ko abarimu bazigisha Abanyarwanda bazaba bafite ubumenyi bwuzuye.

Ati: “Twese tuzi ko Leta ishaka ko ubukungu bw’igihugu bizaba bushingiye k’ubumenyi. Ni ngombwa ko ibigo byigisha inderabarezi bihabwa Ubushinwa bwo gutegura abana bazaba abarezi mu gihe kiri imbere.”

Yashimye ko ibigo bya TTC biri muri Gicumbi byashyizeho n’uburyo bwo kwigisha abana bafite ubumuga.

TAGGED:AbanafeaturedGicumbiIkigoUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge
Next Article Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?