Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Basanze Umunyeshuri Wa Kaminuza Ya UTAB Ari Mu Mugozi Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gicumbi: Basanze Umunyeshuri Wa Kaminuza Ya UTAB Ari Mu Mugozi Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2023 3:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kinihira I, Akagari ka Gisuna, Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi aho Kaminuza yitwa University of Arts and Technology of Byumba (UTAB) iherereye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu basanze umunyeshuri w’iyi Kaminuza amanitse ku gipangu mu mugozi w’umupira yari yambaye.

Abahagaze basanze yapfuye.

Byamanyekanye ubwo umucuruzi yajyaga kurangura akabona uwo muntu amanitse mu giti, agatabaza.

Ni mu rugo ruturanye n’aho uwo mucuruzi asanzwe atuye.

Umunyeshuri wapfuye yitwaga John ariko nta rindi zina rye riramenyekana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi avuga ngo nta yandi makuru aramenyekana ku mpamvu zateye urupfu rwe.

Ntibiramenyekana niba yishwe cyangwa yiyahuye.

Ati: “ Umuntu wari ugiye kurangura niwe watubwiye ko abonye umuntu wari umanitse ku ruzitiro yapfuye, amanitse mu mugozi. Yari umunyeshuri wigaga muri UTAB mu mwaka wa kabiri. Ntituramenya niba ari ukwiyahura cyangwa ari ukwicwa.”

Uyu musore yigaga muri UTAB yitwa John

Uyu musore uri mu kigero cy’imyaka 23, akaba yigaga uburezi ( Education).

Iwabo ni mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo.

Yabanaga na mugenzi we ariko ngo mbere y’uko biba yari yamubwiye ko hari ahantu agiye, ko aza kugaruka atinze.

Ubuyobozi bwasabye abaturage kujya bataha kare kandi bakirinda kugenda ari umwe umwe, ahubwo bakajya bagenda ari itsinda.

Ikindi kandi ngo kugenda mu gicuku bishyira ubuzima bw’umuntu mu kaga.

Hari amakuru avuga ko nyakwigendera yabanje kunywera mu kabari kari hafi y’urugo rwaho yari atuye ari naho yavuye mu masaha y’igicuku agataha ariko ntagere iyo ajya amahoro.

Abahageze mbere bavuga ko basanze nta kintu yibwe kuko haba telefoni ye n’ibindi bikoresho yari asanzwe afite babimusanganye.

Icyakora andi makuru yageze mu itangazamakuru ni uko hari ubutumwa yari yabanje kwandikira umuntu amubwira ngo “abagome barantwaye muhamagare gira vuba”.

Ni umuntu ni uwo yari yoherereje numero za Se umubyara.

Uyu nawe yahise agira ati “Sure? Mubwire ko uri he.? Byahise birangirira aho.

Kugeza ubu iperereza riracyakorwa ngo hamenyekane icyo yazize.

TAGGED:featuredGicumbiKaminuzatelefoniUmunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi : Hari Kubakwa Stade Igezweho Ya Basketball
Next Article Ambasaderi W’u Budage Muri Chad Yirukanywe Kubera Agasuzuguro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?