Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Basanze Umunyeshuri Wa Kaminuza Ya UTAB Ari Mu Mugozi Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gicumbi: Basanze Umunyeshuri Wa Kaminuza Ya UTAB Ari Mu Mugozi Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2023 3:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kinihira I, Akagari ka Gisuna, Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi aho Kaminuza yitwa University of Arts and Technology of Byumba (UTAB) iherereye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu basanze umunyeshuri w’iyi Kaminuza amanitse ku gipangu mu mugozi w’umupira yari yambaye.

Abahagaze basanze yapfuye.

Byamanyekanye ubwo umucuruzi yajyaga kurangura akabona uwo muntu amanitse mu giti, agatabaza.

Ni mu rugo ruturanye n’aho uwo mucuruzi asanzwe atuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyeshuri wapfuye yitwaga John ariko nta rindi zina rye riramenyekana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi avuga ngo nta yandi makuru aramenyekana ku mpamvu zateye urupfu rwe.

Ntibiramenyekana niba yishwe cyangwa yiyahuye.

Ati: “ Umuntu wari ugiye kurangura niwe watubwiye ko abonye umuntu wari umanitse ku ruzitiro yapfuye, amanitse mu mugozi. Yari umunyeshuri wigaga muri UTAB mu mwaka wa kabiri. Ntituramenya niba ari ukwiyahura cyangwa ari ukwicwa.”

Uyu musore yigaga muri UTAB yitwa John

Uyu musore uri mu kigero cy’imyaka 23, akaba yigaga uburezi ( Education).

- Advertisement -

Iwabo ni mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo.

Yabanaga na mugenzi we ariko ngo mbere y’uko biba yari yamubwiye ko hari ahantu agiye, ko aza kugaruka atinze.

Ubuyobozi bwasabye abaturage kujya bataha kare kandi bakirinda kugenda ari umwe umwe, ahubwo bakajya bagenda ari itsinda.

Ikindi kandi ngo kugenda mu gicuku bishyira ubuzima bw’umuntu mu kaga.

Hari amakuru avuga ko nyakwigendera yabanje kunywera mu kabari kari hafi y’urugo rwaho yari atuye ari naho yavuye mu masaha y’igicuku agataha ariko ntagere iyo ajya amahoro.

Abahageze mbere bavuga ko basanze nta kintu yibwe kuko haba telefoni ye n’ibindi bikoresho yari asanzwe afite babimusanganye.

Icyakora andi makuru yageze mu itangazamakuru ni uko hari ubutumwa yari yabanje kwandikira umuntu amubwira ngo “abagome barantwaye muhamagare gira vuba”.

Ni umuntu ni uwo yari yoherereje numero za Se umubyara.

Uyu nawe yahise agira ati “Sure? Mubwire ko uri he.? Byahise birangirira aho.

Kugeza ubu iperereza riracyakorwa ngo hamenyekane icyo yazize.

TAGGED:featuredGicumbiKaminuzatelefoniUmunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi : Hari Kubakwa Stade Igezweho Ya Basketball
Next Article Ambasaderi W’u Budage Muri Chad Yirukanywe Kubera Agasuzuguro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?