Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Inkuba Yakubitiye Abakinnyi Mu Kibuga, Babiri Bararembye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gicumbi: Inkuba Yakubitiye Abakinnyi Mu Kibuga, Babiri Bararembye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2024 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 13, Mutarama, 2024, ubwo kuri sitade  y’Akarere ka Gicumbi haberaga umukino wahuzaga ikipe y’abakobwa ya Inyemera WFC Junior na Rambura WFC Junior, inkuba yabakubise  irabakomeretsamo babiri bikomeye abandi bagwa igihumura.

Iyi nkuba yakubise abakinnyi umunani n’abatoza babiri.

Abarembye cyane ni abo yakubise bicaye ku ntebe y’abasimbura kuko bari bitwikiriye umutaka.

Inyemera ni zo muri Gicumbi n’aho Ikipe ya Rambura ni yo muri Nyabihu, aya makipe akaba yakinaga irushanwa rya FERWAFA Youth League.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukinnyi wagize ikibazo ni uwitwa Gisubizo ndetse n’umutoza wa Rambura witwa Hubert, bakaba bagize ikibazo kubera ko bari bitwikiriye umutaka, uyu mutaka ukaba ari wo watumye amashanyarazi y’inkuba ababera ikibazo  kurusha abandi yakubise.

Uyu wari umukino wa mbere mu mikino itatu yari iteganyijwe kubera kuri kiriya kibuga.

Icyakora ngo nyuma y’inkuba, izuba ryakomeje kuva indi mikino irakomeza.

Imbangukiragutabara yahise ijyana abahuye n’ikibazo kwa muganga.

Dr Issa Ngabonziza uyobora ibitaro bikuru bya Byumba avuga ko abenshi mu bo iriya nkuba yakubise bagaruye ubwenge, kuko bari babanje guhungabana kubera urusaku rw’inkuba.

- Advertisement -

Icyakora abandi babiri bo ngo ubuzima bwabo bwari bumerewe nabi kubera ko ubwenge bwabo butari bumerewe neza.

Gusa umwe muri bo we yagaragazaga umuvuduko w’amaraso uri hejuru kandi ngo ubwo yagwaga kubera inkuba yakomeretse ku mutwe.

Ikindi ni uko uyu mukinnyi yahiye mu gatuza no ku itako.

Dr. Issa avuga ko ubushye bwe buri hagati ya 10 na 15.

Avuga ko bahaye aba barwayi imiti igabanya ububabare na serum kugira ngo babongerere amazi kuko iyo umuntu akubiswe n’inkuba imukamuramo amazi kuko inkuba ni umuriro w’amashanyarazi.

Uyu muganga yabwiye RBA ko bari gukurikirana ububabare bw’aba barwayi mu gihe cy’amasaha 12 nyuma bakaza kureba uko ubuzima bwabo bwifashe.

Avuga ko nibasanga bitarajya mu buryo neza, bari bubohereze mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, ngo bitabweho byisumbuyeho nyuma yo gukorerwa isuzumwa ry’umutima, ibihaha n’ubwonko kuko izi nyama arizo zihura n’ibibazo iyo umuntu ahungabanye cyane.

Abakinnyi bari bamerewe nabi ariko bari kugarura agatege. Babiri nibo bahakubitikiye cyane
TAGGED:AbakinnyiByumbaCHUKfeaturedGicumbiIbitaroIkibugaInkuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isi Mu Mwaka Wa 2024 Izaba Ibishye Kurushaho-UN
Next Article Uburundi Bwafunze Abanyarwanda Barenga 50
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?