Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Inkuba Yakubitiye Abakinnyi Mu Kibuga, Babiri Bararembye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gicumbi: Inkuba Yakubitiye Abakinnyi Mu Kibuga, Babiri Bararembye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2024 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 13, Mutarama, 2024, ubwo kuri sitade  y’Akarere ka Gicumbi haberaga umukino wahuzaga ikipe y’abakobwa ya Inyemera WFC Junior na Rambura WFC Junior, inkuba yabakubise  irabakomeretsamo babiri bikomeye abandi bagwa igihumura.

Iyi nkuba yakubise abakinnyi umunani n’abatoza babiri.

Abarembye cyane ni abo yakubise bicaye ku ntebe y’abasimbura kuko bari bitwikiriye umutaka.

Inyemera ni zo muri Gicumbi n’aho Ikipe ya Rambura ni yo muri Nyabihu, aya makipe akaba yakinaga irushanwa rya FERWAFA Youth League.

Umukinnyi wagize ikibazo ni uwitwa Gisubizo ndetse n’umutoza wa Rambura witwa Hubert, bakaba bagize ikibazo kubera ko bari bitwikiriye umutaka, uyu mutaka ukaba ari wo watumye amashanyarazi y’inkuba ababera ikibazo  kurusha abandi yakubise.

Uyu wari umukino wa mbere mu mikino itatu yari iteganyijwe kubera kuri kiriya kibuga.

Icyakora ngo nyuma y’inkuba, izuba ryakomeje kuva indi mikino irakomeza.

Imbangukiragutabara yahise ijyana abahuye n’ikibazo kwa muganga.

Dr Issa Ngabonziza uyobora ibitaro bikuru bya Byumba avuga ko abenshi mu bo iriya nkuba yakubise bagaruye ubwenge, kuko bari babanje guhungabana kubera urusaku rw’inkuba.

Icyakora abandi babiri bo ngo ubuzima bwabo bwari bumerewe nabi kubera ko ubwenge bwabo butari bumerewe neza.

Gusa umwe muri bo we yagaragazaga umuvuduko w’amaraso uri hejuru kandi ngo ubwo yagwaga kubera inkuba yakomeretse ku mutwe.

Ikindi ni uko uyu mukinnyi yahiye mu gatuza no ku itako.

Dr. Issa avuga ko ubushye bwe buri hagati ya 10 na 15.

Avuga ko bahaye aba barwayi imiti igabanya ububabare na serum kugira ngo babongerere amazi kuko iyo umuntu akubiswe n’inkuba imukamuramo amazi kuko inkuba ni umuriro w’amashanyarazi.

Uyu muganga yabwiye RBA ko bari gukurikirana ububabare bw’aba barwayi mu gihe cy’amasaha 12 nyuma bakaza kureba uko ubuzima bwabo bwifashe.

Avuga ko nibasanga bitarajya mu buryo neza, bari bubohereze mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, ngo bitabweho byisumbuyeho nyuma yo gukorerwa isuzumwa ry’umutima, ibihaha n’ubwonko kuko izi nyama arizo zihura n’ibibazo iyo umuntu ahungabanye cyane.

Abakinnyi bari bamerewe nabi ariko bari kugarura agatege. Babiri nibo bahakubitikiye cyane
TAGGED:AbakinnyiByumbaCHUKfeaturedGicumbiIbitaroIkibugaInkuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isi Mu Mwaka Wa 2024 Izaba Ibishye Kurushaho-UN
Next Article Uburundi Bwafunze Abanyarwanda Barenga 50
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?