Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Yakubise Ishoka Umugabo We Bapfa Impano Bahawe Mu Bukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gicumbi: Yakubise Ishoka Umugabo We Bapfa Impano Bahawe Mu Bukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi haravugwa umugore wakubise ishoka umugabo we nyuma y’iminsi irindwi bakoze ubukwe.

Bari batuye mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Kigogo mu Karere ka Gicumbi.

Amakuru atangwa n’abaturanyi avuga ko intandaro yabyo ari amakimbirane yazamuwe no kutumvikana ku mikoreshereze y’impano bahawe n’inshuti zatashye ubukwe bwabo.

Umuturage yabwiye Radio/TV1 dukesha iyi nkuru ati: “Uwo mugabo basezeranye ku Cyumweru[hari taliki 01), yabajije umugore we niba kubyo bari bahawe nk’impano mu bukwe nta bicye bafatamo bakabikoresha bishyura imyenda bafashe ubwo bateguraga ubukwe bwabo bakava muri iryo deni. umugore arabigarama ati ‘ibintu biri aha byose ni ibyanje, birangira amukubise ishoka”.

Undi muturanyi avuga ko iyo urebye neza usanga umugore ari we ushaka kwikubira ibyo batunze byose, imitungo agashaka kuyigiramo uruhare kurusha uwo bashakanye.

Uwera Jane uyobora Umurenge wa Nyankenke avuga ko iby’iyo nkuru yabyumvise kandi ari impamo.

Ati: “ Iki kibazo twarakimenye! Uwakubiswe yajyanywe kwa muganga, dufite icyizere ko azakira naho uyu mugore yashyikirijwe RIB sitasiyo ya Byumba”.

Byaje kumenyekana ko uwakubiswe iyo shoka yajyanywe mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali ngo avurwe.

Ikindi ni uko ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyankenke buvuga ko muri wo habaruwe imiryango 46 ibana mu makimbirane.

Gukoresha nabi umutungo w’abashakanye nibyo biza ku isonga mu guteza amakimbirane hagati yabo.

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango ivuga ko akenshi abagore bashinja abagabo babo gusesagura umutungo bitwaje ko akenshi ari bo bavunika bawushaka.

Ibyo ariko abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko  atari impamvu ifatika yo gusesagura ibintu bisangiwe na benshi.

TAGGED:GicumbiIshokaUbukweUmugoreUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Indi Nkongi Yadutse Mu Kigo Cy’Amashuri
Next Article Umupaka Uhuza Uganda Na DRC Ugiye Gusubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?