Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Bakoreraga Inzoga Mu Ishyamba Rya Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gisagara: Bakoreraga Inzoga Mu Ishyamba Rya Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2023 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gisagara hafatiwe inzoga z’inkorano zakorerwaga mu ishyamba rya Leta mu Mudugudu wa Gahoro mu Kagari  ka Rwanza mu murenge wa Save. Izafashwe zose hamwe ni litiro 1,140.

Izo nzoga  z’inkorano zitwa Nyirantare n’Imenagitero Tangawizi.

Litiro 1000 muri ziriya zafatiwe mu ishyamba twavuze haruguru,

Izindi litiro 140, zirimo litiro 120 za Nyirantare na litiro 20 zizwi ku izina ry’Imenagitero Tangawizi, zafatiwe mu Mudugudu wa Runyinya, Akagari ka Gikonko mu Murenge wa Gikonko.

Zafatanywe abantu babiri barimo umusore w’imyaka 19 na mugenzi we w’imyaka 24 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko inzoga zose z’inkorano zafatiwe aho zengerwa  biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati: “Tugendeye ku makuru twahawe n’abaturage avuga ko hari abagabo bigabije ishyamba rihereye Mudugudu wa Gahoro bakengeramo inzoga z’inkorano kandi ko ziri mu biteza umutekano muke”.

Polisi ivuga ko hahise hategurwa igikorwa cyo kuzishakisha.

Zimwe mu nzoga zafashwe

Ubwo abapolisi bahageraga bahasanze amajerekani arimo litiro 800 z’inzoga z’inkorano na litiro 200 zari zikiri mu ngunguru nyuma y’uko abazengaga bahise bazisiga bakiruka.

Superintendent of Police ( SP) Emmanuel Habiyaremye avuga ko Polisi iri gushakisha abandi bantu baba bakora inzoga mu buryo butemewe n’amategeko.

Inzoga zose  zafashwe zahise zangirizwa mu ruhame nyuma yo gusobanurira abaturage ububi bwazo ku buzima.

SP Habiyaremye yashimiye abatanze amakuru yatumye izi nzoga zitujuje ubuziranenge zifatwa zikangizwa zitaragurishwa abaturage.

Yihanangirije abakomeje gushakira amaramuko mu kwangiza ubuzima bw’abaturage babagurisha inzoga zitujuje ubuziranenge.

Yababwiye ko ntacyo bizabungura ahubwo ko bazakomeza kubihomberamo kuko Polisi izakomeza umukwabu wo kubashakisha.

Ingingo ya 5 Iteka rya Minisitiri N0 001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi no kugurisha mu gihugu, ibiyobyabwenge bishyirwa mu cyiciro cy’ibyoroheje, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10.

TAGGED:AbaturageGisagaraHabiyaremyeInzogaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare 3000 Ba RDF Barangije Imyitozo Ikaze
Next Article U Rwanda Rwatsinze Tanzania Mu Mikino Yo Guharanira FIBA U16 Zone
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?