Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Gisupusupu Yacurangiye Umuduri Abitabiriye CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2022 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo guhohotera umwana ariko akaza ufungurwa, umuhanzi François Nsengiyumva wamamaye nka Gisupusupu yaraye agaragaye mu gitaramo cyo kuruhura mu mutwe abitabiriye CHOGM cyabereye  ahantu habiri mu Mujyi wa Kigali.

Aho hantu habiri ni i Rugende n’ahitwa Tapis Rouge muri Nyarugenge.

📸AMAFOTO📸

Kuri uyu mugoroba, hirya no hino mu Mujyi wa Kigali abahanzi barimo gufasha abanyamujyi n'abashyitsi bitabiriye #CHOGM2022 gukomeza kwishima mu bitaramo birimo kubera Tapis Rouge na Rugende. #RBAAmakuru pic.twitter.com/X5ExAsyRQh

— RADIO RWANDA (@Radiorwanda_RBA) June 24, 2022

Muri uku kwezi( Kamena) 2021 nibwo Gisupusupu iby’uko yahohoteye uriya mwana byamenyekanye.

Yaje gushakishwa kuko yari yaratorotse ariko aza gufatirwa mu Karere mu Karere ka Kayonza, aturutse i Gatsibo baturanye.

Yaje kugezwa mu butabera ariko aza kurekurwa ubu ari mu buzima busanzwe.

Yaraye agaragaye mu bitaramo byo gususurutsa abitabiriye CHOGM ari kumwe n’abandi bahanze bagenzi be ariko badacuranga umuduri.

Gisupusupu afite imyaka 43 y’amavuko.

Umuduri ni iki?

Umucuranzi w’umuduri wo hambere

Umuduli ni igicuma batubora uruhande rumwe kugira ngo ijwi rituruka k’umukwege baba bacishije hasi kugira ngo umucuranzi nawukubitaho agakoni gato kabugenewe, uzamure ijwi naryo rice muri wa mwenge w’igicuma ryirangire.

Uwo mukwege uba uziritse ku gito kigonze nk’umuheto kugira ngo urege neza bityo uze gushobora kuzamura ijwi.

Umuduri ni igicurangisho kihariwe n’Abanyarwanda n’Abarundi.

Akenshi umukwege wo ku muduri uba ufite hagati ya sentimetero 125 na sentimetero 135.

Mbere y’uko abacuzi bagira igitekerezo cyo gukora umukwege usanzwe ngo abe ari wo uha umuduri amajwi, abacuranzi bakoreshaga umuti w’inka cyangwa uruhu rwayo bakannnye neza k’uburyo uba ureze bihagije ugatanga amajwi yifuzwa.

Wa mugozi cyangwa umukwege, ku gice cyegera uruhembe rw’igiti kigonze nk’umuheto, haba haziritse undi mukwege utuma umukwege muremure( umwe w’ibanze twavuze haruguru) utanga amajwi agabuwe mu byiciro bibiri binini.

Umuduri ni kimwe mu bicurangisho by’umuziki gakondo w’Abanyarwanda n’Abarundi

Kimwe ni igitanga amajwi yo yasi cyangwa yo hagati n’igice cy’amajwi yo hejuru.

Hari abanditsi bamwe bavuga ko umuduri ari igikoresho cy’umuziki cyatangiye gukoreshwa n’Abatwa ndetse n’Abahutu.

Ndetse ngo ni igikoresho cy’umuziki cyadutse mu Rwanda no mu Burundi  mu ntangiriro z’Ikinyejana cya 20 Nyuma ya Yezu Kristu.

Ngo icyo gihe umuduri waje usanga ibindi bikoresho by’umuziki gakondo witwaga ikembe.

Icyakora ngo cyatangijwe n’Abanyarwanda kandi cyacurangwaga mu birori abaturage bari kubyina ikinimba  cyabyinwaga mu birori byo kurata intwari ku rugamba.

TAGGED:featuredGisupusupuIgitaramoUmuduri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hotel Umubano Igiye Kuvugururwa Kuri Miliyoni $ 40
Next Article Abakekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba i London ‘Bashobora’ Kugezwa Mu Nkiko Bidatinze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?