Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Goodluck Jonathan Yagizwe Umuhuza Mu Kibazo Cya Mali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Goodluck Jonathan Yagizwe Umuhuza Mu Kibazo Cya Mali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 10:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyapolitiki b’inararibonye muri Afurika y’i Burengerazuba bashyizeho itsinda ryo kujya guhuza impande zitavuga rumwe muri Mali nyuma y’uko Perezida na Minisitiri w’Intebe bakuweho na Col Assimi Goita wari usanzwe ari Visi Perezida wa Repubulika.

Itsinda ryabo rizayoborwa na Bwana Goodluck Jonathan wigeze kuyobora Nigeria akaza gusimburwa na Muhamadu Buhari.

Rigizwe n’abayobozi mu Muryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’i Burengerazuba, The Economic Community of West African States (ECOWAS).

Aba banyapolitiki baraye bahuye na Colonel Assimi Goita  ababwira ko yahisemo gukura bariya bagabo mu nshingano kubera ko bafataga ibyemezo batabyumvikanyeho kandi basangiye akazi ko kwita ku gihugu.

Avuga ko kimwe mu kibyerekana ari uko bashyizeho abagize Guverinoma nshya batamugishije inama.

Goïta yabashinje ko bashyizeho guverinoma nshya batamugishije inama, bagasimbuza Minisitiri w’ingabo Sadio Camara na Minisitiri w’umutekano Colonel Modibo Koné, bari mu itsinda ryahiritse ubutegetsi mu mwaka ushize.

Colonel Goïta ni we wari uyoboye ririya tsinda ryahiritse Ibrahim Boubacar Keita muri Kanama 2020.

Uyu mugabo yashinje bariya bayobozi ko bananiwe kwigarurira icyizere cy’abaturage, ku buryo bamaze iminsi bigaragambya.

Mu itangazo rirerire aherutse gusohora , Goïta yavuze ko batamugishije inama ubwo bemeraga ubwegure bwa Guverinoma yariho ndetse Minisitiri w’Intebe agahabwa ububasha bwo guhita ashyiraho indi.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe inama idasanzwe y’ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kugira ngo yige kuri kiriya kibazo.

Biteganyijwe ko u Bufaransa buri bugire icyo bubyanzuraho.

TAGGED:featuredGoodl;uckGuverinomaMali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abishwe N’Iruka Rya Nyiragongo Bamaze Kuba 31
Next Article Ibitero Bya Grenade Byahitanye Benshi I Bujumbura, Abandi Barakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?