Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Goodluck Jonathan Yagizwe Umuhuza Mu Kibazo Cya Mali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Goodluck Jonathan Yagizwe Umuhuza Mu Kibazo Cya Mali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 10:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyapolitiki b’inararibonye muri Afurika y’i Burengerazuba bashyizeho itsinda ryo kujya guhuza impande zitavuga rumwe muri Mali nyuma y’uko Perezida na Minisitiri w’Intebe bakuweho na Col Assimi Goita wari usanzwe ari Visi Perezida wa Repubulika.

Itsinda ryabo rizayoborwa na Bwana Goodluck Jonathan wigeze kuyobora Nigeria akaza gusimburwa na Muhamadu Buhari.

Rigizwe n’abayobozi mu Muryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’i Burengerazuba, The Economic Community of West African States (ECOWAS).

Aba banyapolitiki baraye bahuye na Colonel Assimi Goita  ababwira ko yahisemo gukura bariya bagabo mu nshingano kubera ko bafataga ibyemezo batabyumvikanyeho kandi basangiye akazi ko kwita ku gihugu.

Avuga ko kimwe mu kibyerekana ari uko bashyizeho abagize Guverinoma nshya batamugishije inama.

Goïta yabashinje ko bashyizeho guverinoma nshya batamugishije inama, bagasimbuza Minisitiri w’ingabo Sadio Camara na Minisitiri w’umutekano Colonel Modibo Koné, bari mu itsinda ryahiritse ubutegetsi mu mwaka ushize.

Colonel Goïta ni we wari uyoboye ririya tsinda ryahiritse Ibrahim Boubacar Keita muri Kanama 2020.

Uyu mugabo yashinje bariya bayobozi ko bananiwe kwigarurira icyizere cy’abaturage, ku buryo bamaze iminsi bigaragambya.

Mu itangazo rirerire aherutse gusohora , Goïta yavuze ko batamugishije inama ubwo bemeraga ubwegure bwa Guverinoma yariho ndetse Minisitiri w’Intebe agahabwa ububasha bwo guhita ashyiraho indi.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe inama idasanzwe y’ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kugira ngo yige kuri kiriya kibazo.

Biteganyijwe ko u Bufaransa buri bugire icyo bubyanzuraho.

TAGGED:featuredGoodl;uckGuverinomaMali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abishwe N’Iruka Rya Nyiragongo Bamaze Kuba 31
Next Article Ibitero Bya Grenade Byahitanye Benshi I Bujumbura, Abandi Barakomereka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?