Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gucika Kw’Ibisiga Byitwa Inkongoro Bizashyira Afurika Mu Kaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Gucika Kw’Ibisiga Byitwa Inkongoro Bizashyira Afurika Mu Kaga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2024 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera iki Afurika ari yo izashyirwa mu kaga n’icika ry’ibisiga byitwa inkongoro?

Impamvu ni uko ibi bisiga biba muri pariki z’Afurika aho bishinzwe kurya inyamaswa zapfuye. Mu magambo avunaguye, inkongoro ni inyamaswa zishinzwe isuku bityo gupfa kwazo bizatuma pariki nyinshi zuzura umwanda, amasazi yanduze abantu n’izindi nyamaswa.

Inkongoro nizo bita Vultures mu Cyongereza cyangwa Vautours mu Gifaransa.

Ni ibisiga bitunzwe no kurya inyama zaboze kandi biboneka muri Afurika gusa.

Ibi bisiga by’akataraboneka birugarijwe.

Akaga kabyo gashingiye ku ngingo imwe rukumbi: imiturire ya muntu.

Umugabane w’Afurika niwo wa mbere ku isi uri kugirwa umujyi kurusha indi yose ku isi.

Inkongoro iri kurya amayezi ya kimwe mu bikoko byapfiriye mu ishyamba( Ifoto@Charlie Hamilton James)

Ibi birumvikana kubera ko ahandi ho imijyi yahageze kera n’aho muri Afurika barayiharaye.

Ako gahararo niko gatuma ubonye amafaranga wese yubaka aho abonye, rimwe na rimwe akubaka mu bice byo mu byanya bikomye cyangwa bituranye nabyo kandi ibi ni ukototera ibinyabuzima birimo n’inkongoro.

Ikinyamakuru kitwa Nature Ecology& Evolution kivuga ko ibarura ryatangajwe n’abashakashatsi rivuga ko muri Afurika hasigaye inkongoro 22,000 gusa.

Inkongoro kandi zisanzwe zifite ububasha bwo kurya 70% by’inyama z’inyamaswa zaboze nyuma yo kuribwa n’intare, ingwe n’izindi ndyanyama zikazisigaza.

Inkongoro zigira umunwa wigondoye utyaye imbere ariko wagutse uko ugenda wegera ku maso yayo.

Ibi bituma ishobora gupfumura inyama y’imyamaswa yapfuye kandi ikayimira uko yaba ingana kose.

Mu kinyamakuru National Geographic handitswemo ko akaga inkongoro zihura nako zigasangiye na za kagoma, ibizu n’ibindi bisiga bihiga.

Kubera ko abantu batumye aho ibi bisiga biba haba ahantu hatatanye, abahanga bavuga ko bigorana ko ibyo bisiga byimanya( biva ku nshinga: kwimya) kugira ngo byororoke bityo gupfa kwabyo bigatuma bigenda birimbuka gahoro gahoro.

Ibi ni ibyemezwa n’umuhanga mu by’ibiguruka witwa Dr. Ian Newton ukomoka mu Bwongereza.

Newton avuga ko ibihitana ibisiga binini ari byinshi.

Birimo uburozi buhabwa ibyo bisiga ku bushake cyangwa mu buryo bw’impanuka, kubyicisha amashanyarazi, kubyirukana aho byabonaga inyama zo kurya n’ibindi.

Ikindi ni uko n’inyamaswa zicaga izindi ngo zizirye bityo ibisigazwa byazo bizabe ibiribwa by’inkongoro nazo ziri kwicwa ku bwinshi.

Ku ikubitiro izibasiwe ni intare.

Intare ni inyamaswa y’inkazi ariko y’ingirakamaro

Iyo intare zigabanutse cyangwa zishize muri pariki runaka biyitera ikibazo gikomeye.

Niyo mpamvu Leta y’u Rwanda yazigaruye muri Pariki y’Akagera ubu zikaba ziri kororoka ku rugero rushimishije.

Inkongoro kandi zirya imbere, ibikeri, inzoka, ingunzu, ifuku n’izindi nyamaswa abahinzi bakunze kwita ibyonnyi.

Kubera ko inkongoro ziramba( zimara imyaka irenga 50) iyo zipfuye biragoye ko haboneka izindi zizaziba icyo cyuho cyane cyane ko muri iki gihe bizigora kubona ibyo zirya bihagije kandi bitanduye.

Ziba ari nyinshi kugira ngo zirya zihage kandi zisukure ahantu vuba( Ifoto@Frans Lanting)

Ibikorwa bya muntu nibyo bizamworeka!

TAGGED:AfurikafeaturedIbisigaInkongoroPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bamwe Bahisemo Ubugwari Abandi Bahitamo Ubutwari- Lt Col Simon Kabera
Next Article DRC: Ishyaka Rya Tshisekedi Ryitandukanyije N’Abarifashije Mu Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?