Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gucuruza Abantu: Icyaha Gikomeye RIB Yahagurukiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gucuruza Abantu: Icyaha Gikomeye RIB Yahagurukiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2023 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera kuri uyu wa Mbere taliki 04, Ukuboza kugeza mu minsi runaka iri imbere, Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwatangije ubukangurambaga bwo kubwira abaturage uko icyaha cyo gucuruza abantu gikorwa, uko bagitahura n’uburyo bajya bamenyesha inzego zikakigenza cyangwa zikagikumira.

Ku ikubitiro, ubu bukangurambaga bwakorewe mu Karere ka Nyagatare, ariko intego ya RIB ni ukuzabugeza mu turere twose dukora ku mipaka.

Insanganyamatsiko y’ubu bukangurambaga igira iti: “Uruhare rwa buri muntu mu kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi”.

Nyuma ya Nyagatare, buzakomereza mu turere n’imirenge bikora ku mipaka harimo Nyaruguru, Gisagara, Kirehe na Rubavu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare igaragaza ko abakobwa ari bo bakunze kwibasirwa n’abacuruza abantu, babareshya bakajya kubagurisha mu bihugu by’Aziya  babizeza akazi keza.

Ubuvugizi bwa RIB muri Mutarama, 2023 bwatangaje ko  hagati y’umwaka wa 2020 n’umwaka wa 2022 mu Banyarwanda 150 bacurujwe,  abenshi bari abagore.

Mu mwaka wa  2020 uru rwego rwakiriye ibirego 33 by’abantu bakorewe icuruzwa byari birimo abantu 36 bacurujwe.

Abagabo bari barindwi(7), abagore ari 29.

Mu mwaka wakurikiyeho ni ukuvuga uwa 2021, imibare yariyongereye igera ku bantu 66 bakorewe icuruzwa.

- Advertisement -

Muri bo abagabo ni 22, abagore bakaba 44. Icyo gihe ibirego byagejejwe kuri ruriya rwego byari 17.

Mu mwaka wa 2022, abacurujwe bari 48 barimo abagabo batandatu(6) n’abagore 42.

Iyi mibare yerekana ko abagore cyangwa abakobwa ari bo bibasirwa n’abagizi ba nabi bacuruza abantu.

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda buvuga ko mu bantu bacurujwe, abagera kuri 68 bafite imyaka iri munsi ya 18, mu gihe abandi 68 bafite hagati y’imyaka 18 n’imyaka 30 y’amavuko naho abandi 14 bari hejuru y’imyaka 30 y’amavuko.

Mu mwaka wa 2020, abacurujwe bafite munsi y’imyaka 18 y’amavuko  bari abantu 15, naho abari bafite imyaka iri hagati ya 18-30 bari 17 mu gihe abarengeje imyaka 30 bari bane(4).

Mu mwaka wakurikiyeho wa 2021, Abanyarwanda 27 nibo bacurujwe bafite munsi y’imyaka 18, naho abandi 32 bari  bafite hagati y’imyaka 18-30 mu gihe barindwi(7) bari bafite imyaka iri hejuru ya 30.

Imibare ya RIB y’umwaka ushize(2022) igaragaza ko abantu 26 bari munsi y’imyaka 18 ari bo bacurujwe, mu gihe abandi bantu 19 bari hagati y’imyaka 18-30 bacurujwe naho batatu(3) bari hejuru y’imyaka 30 akaba aribo bakorewe ibi bikorwa by’icuruzwa ry’abantu.

Abagenzacyaha bavuga ko Abanyarwanda[kazi] benshi bacuruzwa muri Aziya no mu Burasirazuba bwo hagati.

Icyakora hari n’abacuruzwa Mu Burengerazuba bwa Afurika.

Mu mikoranire n’izindi nzego cyane cyane Polisi mpuzamahanga, Abanyarwanda 41 bagaruwe mu Rwanda bavanywe mu bihugu birimo byo muri Aziya n’Uburasirazuba bwo Hagati aho bari barajyanywe gucuruzwa.

Abenshi bavanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Qatar.

Mu bagaruwe mu Rwanda mu myaka itatu ishize, 11 bagaruwe  mu mwaka wa 2020 mu gihe mu mwaka wa 2021 hagaruwe 11 nanone naho mu mwaka ushize wa 2022 hagarurwa Abanyarwanda 19.

Hari Abanyarwanda 24 bafatiwe  ku bibuga by’indege  no ku mipaka bajyanywe gucuruzwa mu bihugu bya Aziya, Uburasirazuba bwo Hagati ndetse no mu Burengerazuba bwa Afurika.

Mu kiganiro Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, Dr. Murangira B Thierry yigeze guha The New Times,  yavuze ko  bamwe mu bagaruwe, baje kongera guhimba andi mayeri birangira basubiye muri biriya bihugu.

Hari bamwe muri bo bafata RIB nk’intambamyi ibabuza iterambere bari buzabonere iyo mu mahanga.

Iyi myumvire ituma iyo babonye uburyo bahita bongera bagasubira iyo bavanywe.

Dr. Murangira avuga ko hari ingamba zafashwe mu guhashya abantu bakora ubucuruzi bw’abantu.

Ibi ngo biri mu byatumye uyu mubare ugabanuka mu mwaka wa 2021.

Uko bimeze kose, iki kiracyari ikibazo kuko cyahagurukije RIB ngo iburire abaturiye imipaka ngo babe maso.

TAGGED:AbagoreAbantufeaturedGucuruzaImipakaRIBUbugenzacyahaUbukangurambaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Ingabo Za Mbere Za MONUSCO Zatashye
Next Article Umunyamakuru Fidel Gakire Yagejejwe Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?