Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guinée na Sénegal Birarebana Ay’Ingwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Guinée na Sénegal Birarebana Ay’Ingwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2021 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Guinné, Alpha Condé ashinja Sénégal guhungabanya umutekano w’igihugu cye. Mu kiganiro aherutse guha Jeune Afrique uyu mugabo uherutse kongera kuyobora kiriya gihugu yavuze ko amakuru ahabwa n’inzego ze z’umutekano yerekana ko ibitero byose cyangwa imigambi yo guhungabanya ubusugire bw’igihugu cye bitegurirwa muri Sénégal ya Macky Sall.

Umunyamakuru wa Jeune Afrique yamubajije impamvu aherutse gufunga umupaka umuhuza na Sénégal, amubaza niba atabona ko ari uguhima abaturage be bari basanzwe bagenderana n’abaturanyi babo, asobanura icyabimuteye.

Condé yagize ati: “ Erega ibi biri kuba si ubwa mbere bibaye kuko no mu gihe iki gihugu cyategekwaga na  Sékou Touré n’aho Senegal igategekwa  Sénghor nabwo byarabaye. Ibintu byose bigamije guhungabanya igihugu cyacu bicurirwa i Dakar.”

Guinee ni igihugu gito ugereranyije na Senegal

Avuga ko ubwo yabiganirizagaho mugenzi we uyobora Sénégal  witwa Macky Sall uyu yamubwiye ko ‘nta mwanzi wamutera aturutse iwe’

Condé avuga ko yasabye Sall ko hashyirwaho itsinda ibihugu byombi bihuriyeho kugira ngo rijye rigenzura niba nta bantu bava muri Senegal bakinjira bitemewe n’amategeko muri Guinée ariko undi ntiyabiha uburemere.

Avuga ko amaze kubona ko nta gaciro abihaye, yafashe umwanzuro wo kuganira na Minisitiri we ushinzwe ingabo, amusaba gufata izindi ngamba.

Alpha Conde( Photo © Vincent Fournier/JA)

Alpha Condé avuga ko igihe cyose azasuzuma agasanga ibintu byaragiye mu buryo, abaturage be batekanye nta rwaserera ituruka muri Sénégal azafungura umupaka igihugu cye gisangiye na Sénégal.

TAGGED:CondeDakarfeaturedGuineeSenegal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Muturage Arashinja Ikigo Cy’Abanyamerika Kumwambura
Next Article RSSB Yashinjwe ‘Gukomeza’ Gushora Akayabo Mu Mishinga Ihombya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?