Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guinée na Sénegal Birarebana Ay’Ingwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Guinée na Sénegal Birarebana Ay’Ingwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2021 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Guinné, Alpha Condé ashinja Sénégal guhungabanya umutekano w’igihugu cye. Mu kiganiro aherutse guha Jeune Afrique uyu mugabo uherutse kongera kuyobora kiriya gihugu yavuze ko amakuru ahabwa n’inzego ze z’umutekano yerekana ko ibitero byose cyangwa imigambi yo guhungabanya ubusugire bw’igihugu cye bitegurirwa muri Sénégal ya Macky Sall.

Umunyamakuru wa Jeune Afrique yamubajije impamvu aherutse gufunga umupaka umuhuza na Sénégal, amubaza niba atabona ko ari uguhima abaturage be bari basanzwe bagenderana n’abaturanyi babo, asobanura icyabimuteye.

Condé yagize ati: “ Erega ibi biri kuba si ubwa mbere bibaye kuko no mu gihe iki gihugu cyategekwaga na  Sékou Touré n’aho Senegal igategekwa  Sénghor nabwo byarabaye. Ibintu byose bigamije guhungabanya igihugu cyacu bicurirwa i Dakar.”

Guinee ni igihugu gito ugereranyije na Senegal

Avuga ko ubwo yabiganirizagaho mugenzi we uyobora Sénégal  witwa Macky Sall uyu yamubwiye ko ‘nta mwanzi wamutera aturutse iwe’

Condé avuga ko yasabye Sall ko hashyirwaho itsinda ibihugu byombi bihuriyeho kugira ngo rijye rigenzura niba nta bantu bava muri Senegal bakinjira bitemewe n’amategeko muri Guinée ariko undi ntiyabiha uburemere.

Avuga ko amaze kubona ko nta gaciro abihaye, yafashe umwanzuro wo kuganira na Minisitiri we ushinzwe ingabo, amusaba gufata izindi ngamba.

Alpha Conde( Photo © Vincent Fournier/JA)

Alpha Condé avuga ko igihe cyose azasuzuma agasanga ibintu byaragiye mu buryo, abaturage be batekanye nta rwaserera ituruka muri Sénégal azafungura umupaka igihugu cye gisangiye na Sénégal.

TAGGED:CondeDakarfeaturedGuineeSenegal
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Muturage Arashinja Ikigo Cy’Abanyamerika Kumwambura
Next Article RSSB Yashinjwe ‘Gukomeza’ Gushora Akayabo Mu Mishinga Ihombya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?