Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe

admin
Last updated: 31 August 2021 4:08 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu izasubukura ibikorwa byo gutanga urukingo rwa mbere rwa COVID-19 mu Mujyi wa Kigali, ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura.

Iyi minisiteri yaherukaga gutangaza ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, mu Mujyi wa Kigali hazakomeza gukingirwa gusa abafata urukingo rwa kabiri, abafata urwa mbere bakazamenyeshwa igihe gahunda izakomereza.

Icyo gihe yagize iti “Iyi mpinduka itewe n’uko ibyiciro by’abaturage b’Umujyi wa Kigali byari biteganyijwe gukingirwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri bitabiriye cyane, ku buryo imibare yateganywaga gukingirwa buri munsi yikubye inshuro zirenze ebyiri.”

Nubwo byari byasubitswe mu Mujyi wa Kigali, byakomeje mu turere twinshi hirya no hino mu gihugu, ku buryo ku wa Gatandatu hakingiwe 51.781, ku Cyumweru hakingirwa 12,902 naho ku wa Mbere hakingirwa 12,159 bahawe urukingo rwa mbere rwa COVID-19.

Kuri uyu wa Kabiri Minisiteri y‘Ubuzima yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu isubukura gutanga urukingo rwa mbere mu Mujyi wa Kigali.

Yagize iti “Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha abatuye Umujyi wa Kigali ko ibikorwa byo gutanga doze ya mbere y’urukingo rwa COVID-19 ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura, bizasubukurwa ku wa Gatatu tariki 01 Nzeri 2021.”

“Abaza guhabwa urukingo barasabwa kugera ahakingirirwa bitwaje ibyangombwa bibaranga.”

Biteganywa ko buri munsi hazajya harara hatangajwe site z’ikingira zizifashishwa ku munsi ukurikira.

Abakingirwa bajya ku bigo nderabuzima, uretse abasheshe akanguhe n’abafite impamvu zituma batabasha kugera aho bakingirirwa.

Kugeza ubu abantu bamaze gukingirwa mu Rwanda ni miliyoni 1.5, harimo abasaga ibihumbi 631 bahawe inkingo ebyiri ziteganywa.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko inkingo zirimo gutanga umusaruro, ku buryo abantu baremba n’bahitanwana COVID-19 bagenda bagabanyuka.

 

TAGGED:COVID-19featuredUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Next Article Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?