Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukorana Na Banki Ntibikwiye Kuba Serivisi z’Abifite Gusa – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gukorana Na Banki Ntibikwiye Kuba Serivisi z’Abifite Gusa – Perezida Kagame

admin
Last updated: 14 September 2021 5:32 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakenewe kongerwa ishoramari mu ikoranabuhanga rishya mu mikorere y’amabanki, kugira ngo zirusheho kugeza kuri benshi serivisi z’imari, aho kuba gusa serivisi z’abifite. 

Kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye inama ngarukamwaka ya 14 yiga ku mabanki n’imari muri Afurika, yateguwe n’ihuriro ry’amabanki yo muri Nigeria, Chartered Institute of Bankers of Nigeria.

Yabagejejeho ijambo mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame yavuze ko icyorezo cya COVID-19 cyahungabanyijwe inzego zose z’ubukungu, ariko kinatanga umwanya ku mabanki ngo abashe kurangaza imbere ukwihagararaho k’ubukungu bwa Afurika binyuze mu gushaka ibisubizo ku bibazo by’abaturage.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko nubwo urwego rw’amabanki narwo rwahuye n’ingaruka, serivisi z’imari ari zo moteri y’iterambere ry’ibikorwa by’abikorera, binyuze mu gutanga amafaranga akenewe mu bikorwa bitandukanye.

Yakomeje ati “Mu by’ukuri, Afurika ifite amikoro yo gutera inkunga ubukungu bwayo bwite no kugabanya gushingira ku bushobozi buturuka ahandi. Kugira ngo ikomeze guhagarara neza, hakenewe ko ikoranabuhanga rishya rikomeza gushyirwa muri serivisi z’amabanki kugira ngo serivisi z’imari zirusheho kugera ku bantu benshi. Gukorana na banki ntibikwiye kuba serivisi z’abifite gusa.”

Imibare iheruka ya Banki y’Isi igaragaza ko abantu bakuru bagera muri 65% muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara badakorana n’amabanki.

Igice kinini cya serivisi z’imari muri iki gice cya Afurika kigizwe na serivisi z’imari abantu babonera kuri telefoni, ibimenyerewe nka mobile money.

Perezida Kagame yavuze ko isoko rusange rya Afurika ritegerejweho andi mahirwe ku bucuruzi n’ishoramari, ari nayo mahirwe ku rwego rw’amabanki.

- Advertisement -

Yavuze ko banki zifite ibikorwa hirya no hino muri Afurika zishobora kurangaza imbere urwo rugendo rwo gushimangira ukwishyira hamwe kwa Afurika.

Urugero nka Access Bank Plc na Ecobank zo muri Nigeria, zimaze kwagura amashami mu bihugu byinshi birimo u Rwanda.

Perezida kagame yakomeje ati “Urwego rw’amabanki, rwumva akamaro ko kwihesha agaciro no gutanga serivisi nziza kurusha izindi nzego. Urwego rw’amabanki rwubakiye ku cyizere. Tubitezeho kuba intangarugero muri urwo rwego.”

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yavuze ko za guverinoma na zo zitezweho uruhare mu gushimangira ko habaho uburyo bworohereza amabanki gukora neza no kurinda inyungu zaba iz’abanyamigabane cyangwa abakiliya, no gutanga urubuga wo guhanga ibishya.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Acces to Finance Rwanda bwagaragaje ko mu 2020, abantu bakuru 93% (nibura miliyoni 7) mu Rwanda bagerwagaho na serivisi z’imari.

Ni mu gihe Guverinoma yihaye intego ko mu 2024 Abanyarwanda bakuru 100% bazaba bagerwaho na serivisi z’imari.

Gusa urebye nk’abantu bakorana na banki, baracyari bake mu Rwanda kuko bavuye kuri 26% mu 2016 bagera kuri 36% mu 2020.

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, iheruka gutangaza ko amezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka yabaye ibihe bikomeye bitewe n’icyorezo cya COVID-19, cyatumye igipimo cy’inguzanyo zishyurwa nabi kigera kuri 5.7 ku ijana by’inguzanyo zose muri Kamena 2021, kivuye kuri 5.4 ku ijana muri Kamena 2020.

Inguzanyo ziri mu cyiciro cy’izikurikiranirwa hafi cyageze kuri miliyari 422 Frw muri Kamena 2021 – zigize 13.2 ku ijana by’inguzanyo zose – zivuye kuri miliyari 157 Frw – zari zigize 6 ku ijana by’imyenda yose – muri Kamena 2020.

Gusa muri rusange umutungo wose w’urwego rw’amabanki wazamutseho 20 ku ijana uva kuri miliyari 3353 Frw muri Kamena 2020 ugera muri miliyari 4624 Frw muri Kamena 2021.

TAGGED:featuredNigeriaPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Samia Yirukanye Abaminisitiri Batatu, Aburira Abibeshya Ko Afite Intege Nke
Next Article U Bushinwa Bwahamagaje Ibigo Bitandatu Byacukuraga Amabuye y’Agaciro Muri Congo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?