Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukorana N’U Bushinwa Ngo Hari Ubwo Bivuga ‘Kwibwa Amabanga’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gukorana N’U Bushinwa Ngo Hari Ubwo Bivuga ‘Kwibwa Amabanga’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2021 12:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe gucunga umutekano mu ikoranabuhanga kitwa FireEye kivuga ko  hari raporo cyabonye zishinja u Bushinwa kuneka ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bisanzwe bikorana nabwo ubucuruzi.

Muri ibi bihugu harimo Israel, Arabie Saoudite na Iran.

Abahanga ba kiriya kigo bavuga ko u Bushinwa bwakusanyije amakuru menshi mu nzego za Leta n’iz’abikorera za Israel zikora iby’ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ibindi.

The Jerusalem Post ivuga ko abahanga bo muri FireEye babonye ko ubutegetsi bw’i Beijing bukusanya amakuru mu bihugu byo muri kariya karere bugamije kumenya ibyo bateganya mu bucuruzi no mu ikoranabuhanga kugira bubibatange.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ngo ni uko u Bushinwa bukora buriya butasi bukabubangikanya n’imikoranire mu bucuzi hagati yabwo na biriya bihugu.

Ibi ngo bwabitangiye mu mwaka ibiri ishize.

Hagati aho kandi, hari andi makuru aherutse gutangazwa avuga ko u Bushinwa butata ibihugu bitandukanye birimo iby’i Burayi, Aziya, Leta zunze ubumwe z’Amerika n’ibigize OTAN/NATO.

N’ubwo hari imikoranire myiza hagati ya Israel n’u Bushinwa ndetse bukaba bwitegura gutangiza ikindi cyambu muri Haifa, The Post yanditse ko ubutegetsi bw’i Yeruzalemu bwatangiye gusuzuma iby’imikoranire yabwo n’ubw’i Beijing.

Aha ariko Israel yirinda kuba yagira icyo ipfa n’u Bushinwa mu buryo bweruye.

- Advertisement -

U Bushinwa bufite igitinyiro…

Iki gihugu nicyo cya mbere gituwe n’abantu benshi ku isi.

Mu kiganiro Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Amb Rao Hongwei aherutse guha Taarifa yavuze ko igihugu cye cyahoze mu bifite abakene benshi kurusha ibindi ku isi, ariko ubu ni igihugu giteye imbere cyane.

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei 

Hari abavuga ko gishobora kuzaba icya mbere ku isi, giciye kuri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Nicyo gifite inganda nyinshi, kandi nicyo kigurisha kandi kikagura byinshi hanze. U Bushinwa bukorana ubucuruzi n’ibihugu 120 ku isi.

Mu myaka ya 1950, u Bushinwa bwakoraga intebe, ameza, amatasi n’ibisuperi.

Ubu ni igihugu gihagaze neza mu iterambere iryo ariryo ryose.

Abahanga bo mu Bushinwa bakora imodoka zikoresha amashanyarazi, ibyogajuru, gari ya moshi ziri mu zihuta kurusha izindi ku isi n’ibindi.

Guhera mu mwaka wa 1952 kugeza mu mwaka wa 2020 umusaruro mbumbe w’u Bushinwa wavuye kuri miliyari 67.91z’ama Yuan( amafaranga akoreshwa mu Bushinwa) zigera kuri miliyari ibihumbi 101 by’ama Yuan ni ukuvuga miliyari ibihumbi 14.7 $.

Ni umusaruro wikubye inshuro 200.

Mu mwaka wa 1949, icyizere cyo kubaho cy’Umushinwa cyari imyaka 35 ubu ni imyaka 77.

TAGGED:AmbasaderiBushinwafeaturedIsraelUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Mu Rwanda Byamanutseho 0.4 Ku Ijana Muri Nyakanga
Next Article Ingabo Za Kenya Zageze Muri Congo- Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?