Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akaboga karacyari imbonekarimwe ku Banyarwanda benshi kuko impuzandengo ivuga ko buri Munyarwanda arya ibilo umunani ku mwaka yakagombye kurya ibilo 45 ku mwaka.

Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kivuga ko kurya inyama ku Banyarwanda bikiri ingorane.

Abenshi mu Banyarwanda barya inyama ku minsi mikuru cyangwa mu birori.

Biterwa ni uko hari abazi ko inyama ari iz’abifite.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’Ishami ry’ubworozi muri RAB, Dr Ndayisenga Fabrice, asaba abaturage kwitoza kurya n’imyama z’amatungo magufi.

Ati “ Biracyari hasi, ubu Umunyarwanda ntarenza ibiro umunani (8kg) by’inyama ku mwaka. Muri rusange ubaze inyama z’inka n’iz’amatungo magufi.Turashaka ko bizamuka kugeza ku bilo 45 ku mwaka (45kg)”.

Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho, hatangijwe umushinga PRISIM,(Partnership for Resilient and Inclusive Small Livestock Market.)

Wateguwe na Leta y’ u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga Giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, IFAD binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ugashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB).

Uzakora mu gihe cy’imyaka itanu uhereye muri Werurwe 2021 ukageza muri Nzeri 2026.

- Advertisement -

Abagenerwa bikorwa b’ibikorwa by’uyu mushinga ni abaturage babarurirwaga mu by’ibyiciro bya I na II by’ubudehe bo mu turere 15 two mu Ntara y’Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, aho borozwa amatungo magufi .

Aya matungo ari mu bwoko butatu burimo intama, ingurube n’inkoko.

Umuyobozi w’Umushinga PRISM, Nshokeyinka Joseph, avuga ko ufasha umuturage kubona amatungo magufi kugira ngo abashe kwigira no kugira imibereho myiza.

Yongeraho ko uyu mushinga usibye koroza abaturage, banabigisha uko bategura indyo yuzuye hagamijwe kwirinda ko abana bagira ibibazo by’imirire mibi.

Mu bindi bikorwa by’uyu mushinga, harimo gushyiraho ibikorwa remezo biteza imbere ibikomoka ku matungo magufi ari byo kubaka isoko ry’amatungo muri rusange, kubaka ivuriro riciriritse ry’amatungo n’ibagiro ry’ingurube.

TAGGED:AbaturagefeaturedInyamaRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono
Next Article Nyamasheke: Ubwato Burimo Hotel Bwagonze Ibuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?