Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guma Mu Rugo ‘Niyo Yateye’ Idamange Kuvuga Ibyo Yavuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Guma Mu Rugo ‘Niyo Yateye’ Idamange Kuvuga Ibyo Yavuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2021 12:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma kubwira Urukiko ibyo burega Idamange, yahawe uburyo bwo kugira icyo abivugaho atangaza ko ibyo aregwa abihakana kandi ko ibyo yavuze byose yabitewe n’agahinda yatewe n’uburyo yabonye Abanyarwanda babayeho muri Guma Mu Rugo zombi.

Yagize ati: “ Ibyo bashinja ndabihakana. Icyo naba naravuze cyose nagitewe n’agahinda nagize nyuma yo kubona uko Abanyarwanda bagizweho ingaruka na Guma mu Rugo. Umugambi wanjye wari uwo gukebura ubuyobozi kugira ngo bugire ibyo buhindura.”

Ubushinjacyaha bwabwiye Inteko iburanisha ko ibyo Idamange akurikiranyweho ari ibyaha biremereye bityo ko agomba kuba afunzwe by’agateganyo iminsi 30 mbere y’uko urubanza rujya mu mizi.

Ibyaha bumukurikiranyeho harimo icyaha cyo gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside  yagaragaje mu magambo ubwo yavugaga   ko COVID-19 yasimbuye iturufu ya Jenoside.

Ubushinjacyaha kandi buvuga  Idamange Ilyamugwiza yatangaje ibihuha hakoreshejwe ikorana buhanga  avuga ko Leta yirirwa yica abantu.

Bumushinja kandi gushishikariza Abanyarwanda  kumenya ubwenge ababwira ko Perezida Paul Kagame atakiriho.

Ngo Leta isigaye ari baringa ngo Leta iyobowe n’amabandi n’abagome.

Ikindi yarezwe ni uko icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umwe mu bakora mu by’umutekano wari uje kumwereka impapuro zo kumuta muri yombi.

Kuri iyi ngingo Idamange yavuze ko  yabonye abantu bamugera ho bagera  ku munani nta makarita y’akazi berekanye nta n’impuzankano bambaye.

Yongeyeho ko  uwakomeretse ‘ashobora kuba yarakomerekeye mu buryo binjiye kuko ngo  binjiye  basenya.

Ikindi avuga ni uko abaje kumusaka ngo bamungirije impamyabumenyi ze k’uburyo ubu asigaranye ebyiri gusa.

Ikindi Idamange yavuze ni uko ngo kuva yagera kuri station ya Polisi ya Remera aho yafungiwe, atigeze akurwamo amapingu.

Yemeza ko bayamuvanyemo ari uko babonye abakozi ba Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu baje gukora igenzura.

Yasabye urukiko kumurekura akazaburana ari hanze kuko aho atuye hazwi.

Yarangije kwiregura asaba imbabazi ababa barababajwe n’ibyo yatangarije kuri YouTube.

Abungannira Idamange nabo basabye ko yarekurwa akaburana ari hanze  kuko  ‘uburyo yafashwemo budakwiriye.’

Ubwo buryo bavuga ko yafashwemo budakwiye bukubiyemo ko atigeze ahamagarwa ngo yange kwitaba, ikindi ni uko abashinzwe umutekano binjiye iwe ku ngufu kandi ngo yafashwe nabi aho yari afungiwe.

Ibi ariko siko ubushinjacyaha bubibona kuko bwasabye urukiko kumufunga by’agateganyo kuko ashobora gucika bitewe n’uburemere bw’ibyaha aregwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko agomba gufungwa muri kiriya gihe kandi aho afungiye hagacungirwa umutekano we kuko aramutse arekuwe yabangamira iperereza  birasho bokako arekuwe ashobora gutoroka .

TAGGED:AbunganizifeaturedUbushinjacyahaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwungutse Indi Nshuti, Ikirwa Cya Grenada
Next Article RDC: Abarinzi 21 Ba Pariki Bishwe Mu 2020
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?