Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gushyiraho Leta Ya Palestine Ituranye N’Iya Israel Bikomeje Kwigwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gushyiraho Leta Ya Palestine Ituranye N’Iya Israel Bikomeje Kwigwaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2024 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni umwe mu miti irambye iri kuganirirwaho i Munich mu Budage hagati y’abadipolomate ba Israel, Palestine, Amerika n’ibihugu by’Abarabu.

Ibiganiro ku ugushyiraho Leta ya Palestine yigenga kandi ituranye n’iya Israel byatangiye kuganirwaho kuri uyu wa Gatandatu mu nama iri mu zikomeye ku isi z’abadipolomate.

Kuri iki Cyumweru harakomeza ibiganiro hagati ya Minisitiri w’Intebe wa Palestine na mugenzi we wahoze ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Israel witwa Tzipi Livni.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yaraye atangaje ko igihugu cye kifuza kubana amahoro na Palestine izira Hamas cyangwa undi wabuza Israel amahwemo.

Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Antony Blinken avuga ko hafi icyizere ko ibihugu by’Abarabu bifite ubushake bwo kubanira neza Israel bityo amahoro arambye akagaruka mu Burasirazuba bwo Hagati.

Igihugu cya mbere cy’Abarabu kiri muri uyu mujyo ni Qatar.

Qatar niyo muhuza mu biganiro by’amahoro hagati ya Israel na Hamas ndetse umuyobozi mukuru wa Hamas niho aba.

Iki gihugu kivuga ko, muri iki gihe, ikintu kihutirwa ari ugushaka uko abaturage ba Gaza bahunze intambara ya Israel na Hamas bagira imibereho myiza, bakarya, bakivuza, bakabona amazi ahagije.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Arabie Saoudite nawe asanga kurema Leta ebyiri zigenga ariwo muti urambye mu bibazo bihora bihanganishije Israel na Palestine.

Perezida wa Israel Isaac Herzog nawe yavuze ko hari icyizere ko i Yeruzalemu yazabana neza na Ramallah(umurwa mukuru wa Palestine) ariko ngo byose bizaterwa n’uko ejo hazaza hazamera.

Ashima ko muri iki gihe Israel ibanye neza na Arabie Saoudite kandi ngo byerekana ko kubana neza n’abandi Barabu nabyo byashoboka.

Umwuka mubi hagati ya Israel n’ibihugu by’Abarabu watangiye mu mwaka wa 1948 ubwo iki gihugu cyabonaga ubwigenga.

Kuva icyo gihe kugeza ubu ntahatera kabiri Israel itari mu ntambara na Hamas cyangwa Hezbollah.

N’ubwo ibiganiro biri kubera i Munich bigaragaza icyizere, ku rundi ruhande abahanga bavuga ko kuba Iran itari kubigiramo uruhare mu buryo butaziguye kandi ari yo itera inkunga Hamas na Hezbollah, bizaba imbogamizi ku musaruro urambye uzabivamo.

TAGGED:AbarabufeaturedIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tour Du Rwanda Ya 16 Mu Bilometero Byayo
Next Article Inyabutatu Yahuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?