Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gushyiraho Leta Ya Palestine Ituranye N’Iya Israel Bikomeje Kwigwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gushyiraho Leta Ya Palestine Ituranye N’Iya Israel Bikomeje Kwigwaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2024 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni umwe mu miti irambye iri kuganirirwaho i Munich mu Budage hagati y’abadipolomate ba Israel, Palestine, Amerika n’ibihugu by’Abarabu.

Ibiganiro ku ugushyiraho Leta ya Palestine yigenga kandi ituranye n’iya Israel byatangiye kuganirwaho kuri uyu wa Gatandatu mu nama iri mu zikomeye ku isi z’abadipolomate.

Kuri iki Cyumweru harakomeza ibiganiro hagati ya Minisitiri w’Intebe wa Palestine na mugenzi we wahoze ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Israel witwa Tzipi Livni.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yaraye atangaje ko igihugu cye kifuza kubana amahoro na Palestine izira Hamas cyangwa undi wabuza Israel amahwemo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga witwa Antony Blinken avuga ko hafi icyizere ko ibihugu by’Abarabu bifite ubushake bwo kubanira neza Israel bityo amahoro arambye akagaruka mu Burasirazuba bwo Hagati.

Igihugu cya mbere cy’Abarabu kiri muri uyu mujyo ni Qatar.

Qatar niyo muhuza mu biganiro by’amahoro hagati ya Israel na Hamas ndetse umuyobozi mukuru wa Hamas niho aba.

Iki gihugu kivuga ko, muri iki gihe, ikintu kihutirwa ari ugushaka uko abaturage ba Gaza bahunze intambara ya Israel na Hamas bagira imibereho myiza, bakarya, bakivuza, bakabona amazi ahagije.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Arabie Saoudite nawe asanga kurema Leta ebyiri zigenga ariwo muti urambye mu bibazo bihora bihanganishije Israel na Palestine.

- Advertisement -

Perezida wa Israel Isaac Herzog nawe yavuze ko hari icyizere ko i Yeruzalemu yazabana neza na Ramallah(umurwa mukuru wa Palestine) ariko ngo byose bizaterwa n’uko ejo hazaza hazamera.

Ashima ko muri iki gihe Israel ibanye neza na Arabie Saoudite kandi ngo byerekana ko kubana neza n’abandi Barabu nabyo byashoboka.

Umwuka mubi hagati ya Israel n’ibihugu by’Abarabu watangiye mu mwaka wa 1948 ubwo iki gihugu cyabonaga ubwigenga.

Kuva icyo gihe kugeza ubu ntahatera kabiri Israel itari mu ntambara na Hamas cyangwa Hezbollah.

N’ubwo ibiganiro biri kubera i Munich bigaragaza icyizere, ku rundi ruhande abahanga bavuga ko kuba Iran itari kubigiramo uruhare mu buryo butaziguye kandi ari yo itera inkunga Hamas na Hezbollah, bizaba imbogamizi ku musaruro urambye uzabivamo.

TAGGED:AbarabufeaturedIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tour Du Rwanda Ya 16 Mu Bilometero Byayo
Next Article Inyabutatu Yahuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?