Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverineri W’Intara Y’Amajyaruguru Asanga Abayobozi Bakeneye Guhugurwa Ku Mategeko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara Y’Amajyaruguru Asanga Abayobozi Bakeneye Guhugurwa Ku Mategeko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2022 4:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyirarugero Dancille uyibora Intara y’Amajyaruguru avuga ko imwe mu mpamvu zituma abayobozi bahohotera cyangwa bakima serivisi abaturage ari ukutamenya amategeko. Yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku baturage b’Akarere ka Gicumbi bari baje kuganirwa na RIB ku burenganzira bwabo no ku nshingano bafite zo kubahiriza amategeko.

Byabereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Byumba aho abakozi ba RIB bari bayobowe n’Umunyamabanga wungirije w’Urwego rw’Ubugenzacyaha Madamu Isabelle Kalihangabo wari uri kumwe n’abandi bayobozi muri uru rwego no mu Ntara y’Amajyaruguru.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Dancille  Nyirarugero avuga ko ubufatanye mu nzego ari imwe mu nzira zifasha gukumira no gukemura ibibazo by’abaturage.

Icyakora akavuga ko hari n’abayobozi bamwe batazi amategeko bigatuma biyica mu gihombo cy’abaturage kandi bigatuma n’abo hari ubwo bagongana n’amategeko.

Ati: …Akenshi ibibazo binanirana ni uko hari abayobozi nabo bakeneye guhabwa amahugurwa ku mategeko. Mureke dukumire iki kibazo kandi nihabaho ubufatanye kuri twese turabigeraho.”

Muri biriya biganiro kandi abatanze ibitekerezo bavuze ko no mu madini hagombye gukorerwa ubukangurambaga ku mategeko kugira ngo n’abo bafashe kuyamenyesha abayoboke babo.

Basabye ubuyobozi bw’Urwego rw’ubugenzacyaha kubegera bakabahugura ku mategeko y’ingenzi afite aho ahuriye n’ubuzima bwa buri munsi bw’abaturage kugira ngo  nabo bajye bayahugura abayoboke babo.

Umwe mu banyedini bari aho witwa Nshogoza Protais niwe wabisabye.

Ibibazo bikunze kugaragara mu muryango nyarwanda akenshi bishingiye  k’ubushoreke, guhoza ku nkeke uwo mwashakanye, kunyereza umutungo, gukubita no gukomeretsa, gukoresha nabi umutungo w’urugo , ibibazo bya Girinka, kwishyuzwa imisoro myinshi n’ibindi.

Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’ Ubugenzacyaha RIB, Karihangabo Isabelle nawe avuga ko hakenewe ubufatanye mu kumenyesha inzego ibibazo byugarije abaturage kugira ngo zirebe niba kubikumira bishoboka bityo bikorwe.

Iyi nama yabereye muri imwe mu nzu mberabyombi yo mu Mujyi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi

Ati “Inzego zose zigomba kuvugana zigahererekanya amakuru, iyo hatabayeho ubufatanye usanga hafatwa imyanzuro ivuguruzanya, ariko iyo habayeho ubufatanye n’inzego zose usanga umuturage ahabwa serivisi inoze akishima kandi ntihagaragaremo icyaha cya ruswa”.

Urwego rw’ubugenzacyaha muri iki gihe ruri mu bukangurambaga bugamije kwibutsa abaturage ibyaha ibyo ari byo, uko byirindwa ndetse n’icyo amategeko ateganya ku babikoze.

Mu mwaka wa 2020 Umunyamabanga mukuru wa RIB, (Rtd) Col Jeannot Ruhunga yigeze gukorana inama n’abagenzacyaha bo mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru ababwira ko bagomba kujya bacumbura bakamenya impamvu zituma ibyaha bikorwa kugira ngo bikumirwe.

Hari mu Nama y’umutekano itaguye y’Akarere ka Gakenke yabaye Taliki 07, Ukuboza, 2020 ihuza abagenzacyaha  n’abandi bari bahagarariye inzego z’umutekano muri kariya karere.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha yasabye abagenzacyaha bo muri kariya karere kutita gusa ku kwakira ibirego no gutunganya dosiye zishyikirizwa Ubushinjacyaha ahubwo ko bagomba no gucukumbura bakamenya igitera ibyaha bitandukanye mu duce bakoreramo.

Avuga ko iyo abantu bamenye igitera ibyaha bifasha mu gukumira ikibitera.

Icyo gihe Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr  Thierry. B Murangira yabwiye Taarifa ko gukumira ibyaha ari imwe mu nshingano z’ingenzi za ruriya rwego.

Ati: “Gukumira ibyaha ni imwe mu nkingi nkuru zigize inshingano za RIB. Mu ruzinduko Umunyamabanga Mukuru wa RIB ari gukorera mu Majyaruguru ari kwibutsa abagenzacyaha ko kwakira ibirego bidahagije, ahubwo bagomba no kumenya ikibitera.”

Umunyamabanga Mukuru wa RIB icyo gihe yahereye mu Karere ka Gakenke na Rulindo akomereza  mu tundi turere tw’Intara y’Amajyaruguru harimo Gicumbi, Burera na Musanze.

Mu mwaka wa  2018, muri Gakenke habaruwe ibyaha 1, 057, muri 2019 habaruwe ibyaha 1, 247 n’aho muri 2020 habaruwe ibyaha 1, 548.

Iyi mibare yerekana ko ibyaha byakorewe muri Gakenke mu myaka itatu ishize yari ishize byari 3,852 ni ukuvuga 18% y’ibyaha byose byakozwe mu Ntara y’Amajyaruguru mu gihe bingana na 2.47% y’ibyakozwe mu Rwanda hose.

Umunyamabanga mukuru wa RIB, (Rtd) Col Jeannot Ruhunga

Akarere ka Gakenke kagizwe n’Imirenge 19, ni aka ka kabiri gafite imirenge myinshi mu Rwanda nyuma y’Akarere ka Gicumbi gafite imirenge 21.

Gakenke na Gicumbi nitwo turere twa mbere dufite imirenge myinshi mu Rwanda.

 

TAGGED:AmajyaruguruDancilleGicumbiKalihangaboNyirarugendoUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwambaro Jordan Yambaraga Mu Kibuga Waguzwe Miliyoni $10.1
Next Article Ubudage Bwiyemeje Kugira Igisirikare Kiruta Ibindi Mu Burayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?