Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Habumuremyi Yashimiye Kagame Wamuhaye Andi Mahirwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Habumuremyi Yashimiye Kagame Wamuhaye Andi Mahirwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2024 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr. Pierre Damien Habumuremyi
SHARE

Dr. Pierre Damien Habumuremyi yashimiye Perezida Kagame waraye umugize umwe mu bagize Akanama Ngishwanama k’Inararibonye z’igihugu, amushimira ko yongeye kumuha amahirwe.

Kuri X yanditse ati: “Bivuye [ku mutima wanjye], ndabashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’amahirwe mwongeye kumpa kugira ngo nkorere igihugu cyanjye. Nzakorana ubwenge, ubwitange no gukunda igihugu, mparanira inyungu z’igihugu”.

Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye niyo yanzuye ko agirwa umwe mu bagize Inama Ngishwanama y’Inararibonye z’igihugu.

Abandi bajyanye nawe muri iyi nama ni Zaina Nyiramatama na Dieudonnée Sebashongore.

Habumuremyi yabaye inkuru kuko yigeze kuba Minisitiri w’Intebe mu gihe cy’imyaka ine, nyuma y’igihe runaka aza gufungwa ariko  Perezida wa Repubulika amubabarira bidatinze.

Kuva icyo gihe nta mirimo yahawe.

Yari yatawe muri yombi taliki 03, Nyakanga, 2020, araburanishwa akatirwa imyaka itatu ariko aza kurekurwa amaze umwaka n’amezi atatu muri gereza.

Urukiko rwari rwananzuye ko aciwe ihazabu ya Frw 892, 200,000 nk’uko biri mu mwanzuro watangajwe ku wa 27, Ugushyingo 2020 utangazwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuburanishije.

Icyo gihe kuri Twitter( ni X y’ubu) yaranditse ati:“Mu muco, uwakugabiye uramwirahira. Guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika biruta kugabirwa. Ninjya nirahira HE Paul Kagame na RPF-Inkotanyi abantu bajye babyumva kandi abatabyumva birabareba”.

Arongera ati: “Ntacyo mfite namwitura nzakora ibyo akunda: Inyungu z’Igihugu, Kwiyoroshya, Umuturage ku isonga na Ndi Umunyarwanda”.

Kuri iyi nshuro nabwo yamushimiye ko yongeye kumuha amahirwe yo gukorera igihugu.

Inama Ngishwanama y’Inararibonye z’igihugu igizwe n’aba bakurikira:

Tito Rutaremara(niwe uyiyobora),

Marie Mukantabana,

Speciose Mukandutiye,

Francis Karemera,

Antoine Mugesera,

Solange Mukasonga,

Adolphe Shyaka Bazatoha,

Alphonse Kayiranga Mukama,

Boniface Rucagu,

Agnes Kayigire,

Marc Kabandana,

Marthe Mukamurenzi,

Laurien Ngirabanzi,

Gaspard Nyilinkindi,

Agnes Mukabaranga,

Denis Polisi,

Anicet Kayigema,

Dieudonnée Sebashongore,

Zaina Nyiramatama  na Pierre Damien Habumuremyi.

TAGGED:featuredHabumuremyiImbabaziIntebeKagameMinisitiriPerezidaUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Ushinzwe Umutekano Yapfuye Azira Inkoni
Next Article Imishinga Ya Hanga Pitchfest Yahembwe Miliyoni Frw 110
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?