Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hadutse Indi Ndwara Ishobora Kuba Icyorezo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Hadutse Indi Ndwara Ishobora Kuba Icyorezo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2021 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora mu nzego z’ubuzima muri Guinea baratangaza ko hari umuntu wahitanywe n’indwara iterwa na Virusi yitwa Marburg kandi ngo iyi ndwara nidakumirwa hakiri kare ishobora kuzaba icyorezo kimwe na Ebola.

Abakora mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima( WHO) bavuga ko guhagarika ubwandu bushya bw’iriya ndwara bigomba gukorwa vuba kuko iramutse ikwiye mu bantu benshi, ishobora kuba icyorezo nk’uko Ebola ijya ibigenza.

Bivugwa ko indwara ya Marburg ari indwara yandura vuba cyane nk’uko bigenda kuri Ebola.

Virusi zitera izi ndwara ziri mu bwoko bumwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Itangazo rya Minisiteri y’ubuzima ya Guinea

Virus ya Marburg igera mu bantu iturutse ku ducurama, hanyuma abantu bakayihererekanya binyuze mu gukorana ho bamwe bakaba bayanduza abandi binyuze mu matembuzi aturuka mu mubiri.

Ayo matembabuzi arimo n’icyuya.

Ni indwara ikomeye kuko yica kandi mbere y’uko umurwayi apfa  yerekana ibimenyetso birimo no kuva amaraso aciye mu twenge hu.

Ni indwara iterwa na Virusi ituruka mu ducurama, ikagera mu bantu nabo bakayihererekanya

Dr Matshidiso Moeti wo mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima( WHO) avuga ko iriya ndwara yandura vuba cyane kandi ikaba yagera ku bantu benshi mu gihe gito.

Abantu bose bahuye n’uwanduye bari gushakishwa kugira ngo bitabweho kandi babuzwe kuba bakwanduza abandi.

- Advertisement -

Iyi ndwara iramutse ihindutse icyorezo, yaba ije mu gihe kibi kuko n’ubusanzwe hari icyorezo cya COVID-19.

TAGGED:featuredGuineaIcyorezoIndwara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abanshidikanyagaho Ngo Sinayobora Igihugu Kuko Ndi Umugore- Perezida Suluhu
Next Article Impamvu Ingabo z’u Rwanda Zirimo Gutsinda Urugamba Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?