Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hadutse Indi Ndwara ‘Itaramenyekana’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hadutse Indi Ndwara ‘Itaramenyekana’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2021 4:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima ( WHO) ryohereje abahanga mu by’ubuzima muri  Sudani y’Epfo gukusanya amakuru hagamijwe kumenya indwara ihamaze iminsi, ikaba imaze guhitana abantu 89.

Intara yibasiwe n’iriya ndwara ni iyitwa Fangak iri muri Leta ya Jonglei.

Muri iyi Ntara hari haherutse kuba imyuzure idasanzwe.

Umukozi wo mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi witwa Sheila Baya yabwiye BBC ko ‘itsinda boherejeyo rigomba’ gukusanya ibimenyetso byose bishoboka.

Yavuze ko uburyo bwiza bwo kugera aho gukusanyiriza ibimenyetso ari ugukoresha kajugujugu.

Ibimenyetso nibirangiza gukusanywa, bizajyanwa mu Murwa mukuru, Juba, kandi ngo ntibigomba kurenga kuri uyu wa Gatatu tariki 15, Ukuboza, 2021 bitaragezwa yo.

Indi nkuru mbi iri kuvugwa muri Sudani y’Epfo ni uko mu Ntara ya Unity n’aho Malaria iri guca ibintu.

Si Malaria yonyine kuko mu gukamuka kw’amazi yatewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa igateza imyuzure, hari abaturage benshi barwaye impiswi, biganjemo abana.

Ibi byemejwe na Minisitiri ushinzwe imyubakire, ubutaka n’indi mirimo ifitiye igihugu akamaro witwa Lam Tungwar Kueigwong.

Ikindi kibazo kiri muri Sudani y’Epfo ni uko hari abantu baherutse gucukura nabi Petelori n’ibiyikomokaho bigatembera mu migezi, aborozi batamenye ibyabaye bakayashoramo amatungo yabo amenshi agapfa.

Abaturage baturiye ibice byagaragayemo imyuzure ubu bari mu gihirahiro kuko badashobora kugera ku isoko, ku mashuri no ku bitaro mu buryo bworoshye.

Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ivuga ko imyuzure imaze iminsi  muri kiriya gihugu yatumye abantu 700,000 bava mu byabo.

Hari umuganga wo muri  Médecins Sans Frontières uvuga ko abaturage bo mu gice kibasiwe n’iriya myuzure, bacyeneye imiti byihuse, ariko kubageraho bikaba ari ingorabahizi.

Sudani y’Epfo ni kimwe mu bihugu byugarijwe n’akaga k’ubwoko butandukanye.

Harimo ingaruka z’intambara kiriya gihugu kigiye kumaramo imyaka 10 n’ingaruka zituruka ku mihindagurikire y’ikirere cyane cyane ubutayu.

Hejuru y’ibi hakiyongeraho COVID-19.

TAGGED:AbibumbyeBBCfeaturedIndwaraIntaraSudaniUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yashyizeho Igiciro Ntarengwa Cya Gaz Mu Gihugu
Next Article Zigama CSS Yiyemeje Kwinjiza Miliyari 69.9 Frw Mu 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Ikoranabuhanga Mu Buhinzi: Ibishishwa By’Imyumbati Ni Imari

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?