Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hagiye Gusohoka Inkweto Za Adidas Zitiriwe Bob Marley
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hagiye Gusohoka Inkweto Za Adidas Zitiriwe Bob Marley

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 4:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi bakuru b’uruganda rukora inkweto rwa Adidas batangaje bagiye gusohora inkweto zanditsweho amazina ya Bob Marley, umuhanzi w’Umunya Jamaica wakunzwe kurusha abandi bose bahimbye bakanaririmba injyana ya Reggae.

Amazina ye nyayo ni Robert Nesta Marley.

Izi nkweto za Siporo zahawe izina rya Bob Marley x adidas SL 72, zizasohoka mu mpeshyi ya 2024 ku bufatanye n’ikigo Bob Marley Estate.

Uruganda Adidas ntiruratangaza ku mugaragaro ibijyanye n’izo nkweto ariko  mu Cyumweru gishize umwe mu buzukuru ba Bob Marley witwa  Zuri Marley yashyize zimwe muri izi nkweto ku rubuga rwe rwa Tik Tok.

Ziriho ifoto n’izina bya Bob Marley ndetse n’Umukono we (Signature), zikazaba ziri mu mabara adatandukanye agaragara mu ibendera rikoreshwa n’abo mu muryango w’aba Rasta ari yo umutuku, umuhondo n’icyatsi kibisi.

Mu 2008, uru ruganda hamwe na “Label” ya Marley, Tuff Gong batangaje inkweto za siporo, mu rwego rwo guha icyubahiro uyu muhanzi no kumushimira uruhare yagize mu kwamamaza no guteza imbere injyana ya Reggae.

Adidas yabaye umwe mu baterankunga ba filime ya Bob Marley iherutse gutangazwa yiswe ‘Bob Marley: One Love’, mu rwego rwo gusigasira umuco yasize.

Bob Marley

Ikigo Adidas kivuga ko izi nkweto za Bob Marley SL72, zizajya hanze mu rwego rwo gufasha abakunzi be gukomeza kunezezwa n’ibihangano yasize.

Bob Marley yavutse taliki 6, Gashyantare,  1945, avukira mu gace ka Nine Miles muri St. Ann mu gihugu cya Jamaica.

Taliki 11, Gicurasi 1981, ni bwo ku Isi humvikanye y’urupfu rwe ku myaka 36, aguye i Maimi muri Florida muri Amerika.

TAGGED:AdidasBobInkwetoMarley
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haïti: Abagizi Ba Nabi Babujije Indege Kugwa Ku Kibuga Mpuzamahanga
Next Article I&M Bank N’Ikindi Kigo Mpuzamahanga Mu Kuzamura Ikoranabuhanga Mu Bakiliya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?