Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hagiye Gutangizwa Ikigo Ndangamuco Cyitiriwe Buravan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hagiye Gutangizwa Ikigo Ndangamuco Cyitiriwe Buravan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2023 9:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Yvan Burabyo wakundwaga ku izina rya Buravan yatabarutse taliki 16, Kanama, 2022 azize uburwayi yari amaranye igihe gito. Yari umuhanga mu buhanzi akaba muto myaka ariko akagira igikundiro cyagizwe na bake mu bahanzi bo mu gihe cye.

Mu rwego rwo kuzirikana ibyo byose, hagiye gutangizwa ikigo ndangamurage kiswe YB Foundation.

Intego ni ukuzirikana imico y’uyu muhanzi no guharanira ko ibyo yari yariyeguriye birimo no guhanga bya Kinyarwanda bitagenda buheri heri!

Uwashinze iki kigo witwa Raissa Umutoni yabwiye The New Times ko bazakora k’uburyo umurage wa Yvan Buravan ukomereza mu bandi bakunda guhanga mu nzego zitandukanye.

Umuhango wo gufungura ku mugaragaro iki kigo uzaba kuri uyu wa Kane taliki 17, Kanama, 2023 mu Kiyovu saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Umutoni avuga ko abakunzi ba Baravan bazi neza igisobanuro cy’iki kigo yashinze, agasaba buri wese umukunda ko yazatabira itangizwa ryacyo.

Abatazashobora kucyitabira kubera ko amatike yabashiranye, bazakurikirana iby’iryo tangizwa ku mbuga nkoranyambaga.

Abahanzi barimo Uncle Austin na Nel Ngabo bibuka uko umubano wabo na Buravan wari ntamakemwa, aho buri wese yamwisangagaho.

Austin avuga ko Buravan ari we muhanzi wa mbere waje gusura umukobwa we mu mwaka wa 2015.

Mu muziki ngo barahuzaga, ariko mu mibanire hakabura ijambo rikwiye Uncle Austin yakoresha ngo asobanure uko Buravan yari ateye mu mibanire ye n’abandi.

Umuhanzi Nel Ngabo avuga ko igitekezo cyo gushinga kiriya kigega cyo kuzamura umuziki gisa n’igikubiye mu ndirimbo ya nyuma Buravan yasize ahimbye yise ‘Twaje.’

Nel avuga ko iyo ndirimbo yerekana ko Buravan yari yararangije kwiyegurira gukora umuziki ushingiye ku muco w’Abanyarwanda.

Ni yo mpamvu kiriya kigega yakise ‘Twaje Cultural Academy.’

Uretse kuba yaratwaye igihembo cya RFI kitwa Prix Découvertes, Buravan azakomeza kwibukirwa ku miziki yakoraga yabaga ivanze umuziki wa Kinyafurika, uwa Ruzungu ndetse na Gakondo y’Abanyarwanda.

Buravan yatabarutse afite imyaka 27 y’amavuko.

Yapfuye muri Kanama, 2022 azize indwara y’urwagashya, akaba yari amaze igihe gito avurirwa mu Buhinde.

Mbere yari yabanje kuvurirwa muri Kenya biranga.

TAGGED:BuravanfeaturedGakondoIndirimboIndwaraUmutoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yaganiriye N’U Rwanda Ku Bibera Muri DRC
Next Article Umusirikare W’Amerika Wahungiye Muri Koreya Ya Ruguru Yahunze Ivangura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?