Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2025 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15,Gashyantare, 2025 nibwo hari butorwe Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, mu biyayamamaje hakabamo Raila Odinga watanzwe na EAC. Utorwa arasimbura Mussa Faki Mahamat, umunya Tchad wari uri kuri izi nshingano guhera mu mwaka wa 2017.

Uyu Odinga aherutse kurangiza uburyo bwo kwiyamamaza mu gikorwa yakoreye i Burundi ahura na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Amatora y’ushaka kuyobora iyi Komisiyo araba kuri uyu wa Gatandatu, abandi bashaka kuwujyaho ni Mahmoud Ali Youssouf na Richard Randriamandrato.

Haratorwa kandi abazaba babungirije ari bo Salah Francis, Selma Malika, Mohamed Ahmed Fathi, Hanan Morsy, Najat M.Elhajjaji na Latifa Akharbach.

Odinga yatanzweho umukandida na EAC kandi na Perezida Kagame yigeze gutangaza ko u Rwanda rushyigikiye kandidatire ye.

Perezida wa Kenya ari naho Odinga akomoka yavuze ko nawe amushyigikiye agsaba abayobozi b’uyu muryango bakomeza kumuha amajwi n’ubundi bufasha bukenewe ngo atsinde.

Ubwo yiyamamazaga, Odinga avuga ko azaharanira ko uburezi butera imbere, akita ku guhangana níngaruka z’ibidukikije, guteza imbere urwego rw’ingufu, ibikorwa remezo no guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika binyuze mu isoko rusange rimaze igihe ritangijwe.

Odinga yigeze kuba umuyobozi mu Muryango wa Afurika yunze ubumwe ushinzwe guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri icyo gihe yakoranye n’Abakuru b’ibihugu bitandukanye, abanyemari benshi n’abandi bavuga rikijyana ku mugabane wa Afurika.

Mu nama iri bubere i Addis Ababa hari bubere ihererekanya bubasha hagati ya Perezida wa Mauritania Mohamed Ould Cheikh Mohamed Ahmed Ould Ghazouani wayoboraga AU akaza gusimburwa na mugenzi we uyobora Angola witwa João Manuel Gonçalves Lourenço.

TAGGED:AfurikafeaturedMussaOdingaUbumweUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo
Next Article Tshisekedi Avuga Ko Kabila Ariwe Uha M23 Amabwiriza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?