Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ababeshya Ko u Rwanda Rwabohowe N’Imana -Dr Bizimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Hari Ababeshya Ko u Rwanda Rwabohowe N’Imana -Dr Bizimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 October 2024 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri Bizimana Jean Damascne  avuga ko hari abanyamadini bitwaza ko u Rwanda rwabohowe n’Imana kandi ibyo atari byo. We yemeza ko Inkotanyi ari zo zabohoye u Rwanda zihagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.

Ibi yabibwiye abagize Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa mu Karere ka Nyamasheke bari baje kuganira ku bibazo byimbitse bikibangamiye imibanere y’abatuye Nyamasheke.

Yunzemo ko n’Interahamwe zitibwirije guhagarika kwica Abatutsi cyangwa ngo Imana izibwire ngo nizihagarare.

Ati: “Ibyo bavuga ko igihugu cyacu cyabohowe n’Imana si byo kuko iyo hataza Inkotanyi ntibyari gushoboka.  Ntabwo abicanyi bamaze abantu bigeze bibwiriza kubera Imana. Ntabwo dushaka ko hagira abagendera ku myemerere ngo bizere kubona byose, kuko Imana ifasha uwifashije”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bizimana usanzwe ari impuguke mu mategeko ariko akaba yarize na Seminari avuga ko imyemerere igoramye ituma byorohera abantu bataragera ku budaheranwa kuyoba.

Asaba abantu kugira ubushobozi bwo gusesengura bagatandukanya icyiza n’ikibi.

Umushumba w’Itorero rya Angilikani muri Diyosezi ya Cyangugu, Karemera Francis, ubwo yagarukaga ku myemerere iyobya Abanyarwanda avuga ko hari indangagaciro nyarwanda zirengagijwe mu mateka y’u Rwanda zisimbuzwa irondakoko n’irondakarere.

Ngo byarakomeje bigera aho umuntu yumva izina ry’undi agahita yumva aho akomoka, uwo ari we n’ibyo yizera.

Ibyo ni ibintu bihabanye n’imigenzereze igenewe Umukristu nk’uko Mgr. Karemera abivuga.

- Advertisement -

Ku kijyanye n’ubuhanuzi bw’ibinyoma bugamije kwiba abaturage, Musenyeri Karemera avuga ko muri Bibiliya handitse ko iyo Imana yashakaga kugira icyo ifasha abaturage ba Israel yoherezaga abahanuzi bakajya kubwira abaturage ugushaka kwayo.

Abahanuzi babwiraga abantu bayo ko bihana bakirinda ibyaha kugira ngo badahura n’ingaruka zabyo.

Icyakora abiyita abahanuzi b’ubu bo ngo bahanurira abantu gukira no kubona ibitangaza no kubona ibintu bihabanye n’ubuhanuzi nyabwo.

Avuga ko ahereye nko ku rubyiruko rurangije Kaminuza rudafite akazi, byoroshye kurushukisha ubuhanuzi barubwira ko nirutanga ituro ringana runaka, ruzabona amahirwe yo kujya gukora hanze ahari imirimo ihemba neza.

Ati: “N’abo banahanurira abantu ngo bazabona za Viza zibajyana mu mahanga, abandi bakabyemera badatekereje ko nta n’amakuru y’abariyo bazi niba koko ubuzima bumeze neza iyo mu mahanga. Ubwo ntabwo ari ubuhanuzi buhindura umuntu mu bikorwa byiza, ni ubugamije kumusahura no kumubeshya kandi dukwiye kubirwanya”.

Musenyeri Karemera asaba ko Abanyarwanda bagira indangagaciro y’ukuri kuko ari ko kuvana abantu mu bukoloni bw’icyaha.

TAGGED:AbakristoBizimanafeaturedKaremeraUbuhanuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayapani Barokotse Bombe Atomike Bahawe Igihembo Cy’Amahoro Cya Nobel
Next Article Harifuzwa Ko Ubwoko Bw’Ibicururizwa Ku Isoko Ry’Afurika Bwiyongera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?