Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari abakinnyi nasanze batiteguye neza ngo nzabajyane muri CHAN– Mashami
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Hari abakinnyi nasanze batiteguye neza ngo nzabajyane muri CHAN– Mashami

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2021 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umutoza w’Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Vincent Mashami avuga ko nyuma yo gusuzuma uko abakinnyi be bifashe muri iki gihe, yasanze hari abatarajya ku murongo(forme) neza k’uburyo yazabajyana muri Douala muri Cameroun mu mikino ya CHAN.

Amavubi yari amaze iminsi mu mikino ya gicuti kugira ngo yitegure kuzajya muri Cameroun gukina CHAN.

Yari amaze iminsi akina na Congo Brazzaville.

Umukino ubanza wabaye kuwa Kane tariki 07, Mutarama, 2021 urangira Ikipe y’Igihugu ya Congo Brazzaville itsinze Amavubi 1-0.

Amavubi ejo yakinnye undi mukino wa gicuti n’iriya kipe yo muri Congo Brazaville mu rwego rwo kwitegura imikino ya CHAN izabera muri Cameroun mu mezi ari imbere, urangira atsinzwe 1-0.

Umutoza w’Amavubi Bwana Vincent Mashami avuga ko umukino waraye ubaye wabigishije byinshi, bamenya aho bakeneye kongera imbaraga cyane cyane mu kubaka ubushobozi bw’abakinnyi kugira ngo binjire mu mukino hakiri kare.

Avuga ko abahungu be batsindwa hakiri kare kuko batinda kwinjira mu mukino.

Yongeyeho ko yasuzumye asanga hari abakinnyi bagifite intege nke batarajya muri ‘forme’.

Akemeza ko hakiri akazi ko gukora kugira ngo abasore be bose bagire imbaraga z’umubiri n’izo mu bwonko zihagije kugira ngo bazashobore gutsinda imikino iri imbere.

Ubu u Rwanda ruri kwitegura amarushanwa ya CHAN 2020( kuko ay’umwaka ushize yasubitswe kubera COVID-19) akazabera muri Cameroun.

U Rwanda ruri mu itsinda rimwe na Maroc, Uganda na Togo.

Imikino ruheruka gukina rwitegura CHAN rwawukinnye na Congo Brazzaville yose yabereye i Kigali.

Uwa mbere wabahuje ku itariki 07 Mutarama 2021  urangira amakipe yombi anganyije 2-2.

Umukino wa kabiri wabahuje ku itariki ya 10  Mutarama 2021 urangira Congo Brazzaville itsinze u Rwanda  igitego 1 -0.

Uko CHAN ku ruhande rw’u Rwanda ipanze:

U Rwanda ruherereye mu itsinda C. Ruri kumwe na Maroc, Uganda na Togo bakaba bazakinira

mu mujyi wa Douala.

Umukino wa nyuma  muri iri  tsinda uzahuza u Rwanda na Togo uzakinirwa mu mujyi wa Limbe.

Tariki ya 18 Mutarama 2021 ni bwo u Rwanda ruzakina umukino wa mbere,  rukine  na Uganda saa tatu z’ijoro (9:h00’ pm) ku isaha y’i Kigali.

Bazakinira kuri Stade de la Ré-unification de Douala.

Ruzongera gukina na Maroc tariki 21, Mutarama, 2021, mu mukino uzaba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6h00 pm).

Iri rushanwa rigizwe n’amatsinda ane, hakazazamuka amakipe abiri muri buri tsinda azakina kimwe cya kane, akazagenda akuranwamo kugeza kuri abiri azakina umukino wa nyuma.

TAGGED:AmavubiCHANfeaturedMashami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Maboko Ya Police ||17 Bafatiwe Mu Rugo i Kigali Bahahinduye Mu Kabari
Next Article Hari Impamvu ‘Zikomeye’ Zituma Nta Producer W’Umukobwa Uba Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?