Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Abayobozi Perezida Kagame Aburira Bakavunira Ibiti Mu Matwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Abayobozi Perezida Kagame Aburira Bakavunira Ibiti Mu Matwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2022 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu bayobozi begura bamwe bagakurikiranwa hari abo aba yaganiriye nabo ‘one on one’ akababurira ababuza gukomeza amakosa bakora ariko ntibamwumve.

Hari mu ijambo yavuze atangiza inama ya Congres ya FPR Inkotanyi yaraye itangiye kuri uyu wa Gatandatu taliki 21, Ukwakira, 2022 yabereye mu Intare Arena.

Perezida Kagame yagize ati: “ Buriya hari bamwe nganira namwe one on one nkababwira nti ariko aho wahereye, wagabanyije wahinduye bitarakugeza kure?”

Avuga ko abibwira umuntu ejo akongera akamubwira ariko ngo uwo muntu aranga agakomeza.

Umukuru w’u Rwanda yunzemo ko iyo umuntu yanze kumva agakomeza buriya hari ikindi aba ashaka.

Perezida Kagame avuga ko ikibabaje ari uko akenshi abo babikora baba ari abayobozi kandi mu by’ukuri bafite n’amikoro k’uburyo batibye cyangwa ngo banyereze iby’abaturage nta bukene bagira.

Avuga ko abo bantu bakora ibyo baba bashyira icyasha ku cyubahiro bahawe n’uko ari abayobozi bagomba kuyobora Abanyarwanda.

Ngo ikibazo ni uko abiba ari n’abasanzwe bafite, bifite mu mikoro.

Umukuru w’u Rwanda atangaje ibi nyuma y’uko RGB nayo iherutse gutangaza raporo yerekana ko ahantu abaturage bahaye amanota make ari mu mitangirwe ya serivisi zigenewe abaturage.

Abaturage bavuga ko basiragizwa mu nzego z’ibanze kugira ngo bazibwirize batange ka bituga.

Bisa n’aho ari ikibazo kiri mu bifite mu buyobozi muri rusange bigirira nkana ku baturage b’amikoro make kandi bitari bikwiye.

Ikindi ni uko mu minsi ishize hari umwe mu bayobozi bakuru uherutse gukatirwa n’Urukiko kubera guhamwa n’ibyaha birimo gusaba no kwakira indonke ndetse no gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko yaka ruswa.

Uwo ni Edouard Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagaye abayobozi batesha agaciro ikizere bahawe bakishora mu bikorwa bigayitse byo kurya ibyo batagenewe kandi n’ubundi ntacyo babuze.

Ati: “ Abaturage bacu tuyobora, birirwa biyuha akuya bagahera saa kumi n’imwe za mu gitondo bakageza iz’umugoroba ntabwo bajya muri ibyo…ariko mwe sinzi indwara ibarimwo rwose. Abantu bicaye bakigenera ibyo bazajya babona buri kwezi, imisoro y’abantu bose ikabanza guturisha imitika y’abantu bamwe kugira ngo tugire amahoro, buri wese akabanza akishyurwa, hanyuma uwo akaba ari we usubira inyuma agakora ibintu nk’ibyo!”

Perezida Kagame yavuze ko byose biterwa n’umururumba cyangwa kudahaga byabaye karande mu bayobozi bamwe na bamwe.

Mu Rubanza Rwa Bamporiki Havuzwemo Na Minisitiri Gatabazi

TAGGED:AbayoboziBamporikifeaturedFPRInkotanyiIntekoKagameUmururumba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hu Jintao Wayoboye u Bushinwa Yasohowe Mu Nama Yaririmo Perezida Xi
Next Article Biyemeje Guhugura Abanyarwanda Ku Buhinzi N’Imitunganyirize Y’Ibiribwa Igezweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?