Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Benshi Mu Rwanda Bajora Leta Kandi Ntibakurikiranwe-Umuvugizi Wa RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Benshi Mu Rwanda Bajora Leta Kandi Ntibakurikiranwe-Umuvugizi Wa RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2022 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr. Thierry B.Murangira
SHARE

Hashize amasaha macye Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyitwa The Guardian gitangaje ko hari abantu 100 biganjemo abanditsi n’abandi basaba Perezida Paul Kagame kugira icyo akora  umusizi witwa Innocent Bahati bivugwa ko amaze igihe kirenga umwaka yaraburiwe irengero akaboneka.

The Guardian yavuze ko amakuru ikesha Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu  witwa PEN International avuga ko uriya musizi yaheruka kugaragara mu ruhame muri Mutarama, 2021 hari taliki 07.

Icyo gihe ngo yari ari mu Karere ka Nyanza.

Amakuru atangazwa n’iki kinyamakuru avuga ko kuva icyo gihe benewabo b’uyu musizi batigeze bongera kumubona kandi ngo telephone ze ntizongeye gucamo

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwanditsi bwa Taarifa bwabajije ubuvugizi bw’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha iby’uko uwo muhanzi yaburiwe irengero.

Umuvugizi w’uru rwego Dr Thierry B Murangira yatubwiye ko uriya musizi abaye yarajoye Leta bitamuviramo icyaha kuko ngo hari benshi mu Rwanda babikora ntibakurikiranwe kandi ngo biri mu burenganzira bahabwa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda…

Ikiganiro:

Taarifa: Ese RIB yaba yaramenye iby’uko uyu musizi yaburiwe irengero?

Murangira:  Taliki 09, Gashyantare, 2021 nibwo hari ikirego cyageze kuri station ya RIB mu Murenge wa Busasamana gisaba ko RIB yatangiza iperereza ku ibura rya Innocent Bahati wari warabuze guhera taliki 07, Gashyantare, 2021. Kuva icyo gihe ubugenzacyaha bwatangiye iperereza kandi bidatinze turatangaza ibyarivuyemo.

- Advertisement -

 Taarifa: Ese mu makuru mufite kuri uyu musore, yaba yarigeze kugaragara mu cyaha icyo ari cyo cyose?

Murangira: Nta makuru y’uko yigeze kugira icyaha aregwa dufite kugeza ubu. Gusa nk’uko nabivuze, ibikubiye mu byo twabonye mu iperereza bizagaragara vuba aha.

 Taarifa: Ese aho ari hose, yaba ari mu maboko y’urwego rw’umutekano urwo ari rwo rwose?

 Murangira: Oya.

Taarifa: Ese mu byo yavuze cyangwa yakoze haba hari ikintu kigize icyaha yaba yarakoze gishobora kumushyira mu manza?

Murangira:  Byose bizamenyekana muri raporo turi hafi gutangaza

Taarifa: Mu makuru mufite se, hari ikintu yaba yaratangaje kijora cyangwa kivuga nabi Leta y’u Rwanda? Ese ubundi abikoze byaba bigize icyaha?

Murangira: Ntacyo nzi yaba yarakoze ariko abaye yaranabikoze simbona ko byaba bigize icyaha.  Hari abantu benshi mu Rwanda bajora Leta kandi ntibakurikiranwe. Ni uburenganzira bahabwa n’Itegeko nshinga bwo kuvuga ibyo babona bitagenda neza mu mikorere ya Guverinoma.

Taarifa: Niba nta cyaha akurikiranyweho, kandi RIB ikaba yarasabwe kugira icyo ikora harakurikiraho iki?

Murangira:Mu by’ukuri ntabwo ari yo yagize icyo isabwa by’umwihariko, ariko RIB ifite inshingano zo gukora iperereza ku ngingo runaka iri mu nshingano zayo. Ku byerekeye Bahati byo, nakubwira ko tukimenya ko yabuze twahise dutangira iperereza kandi vuba aha turatangaza ibyo twabonye nk’uko nabikubwiye haruguru.

Innocent Bahati

 

TAGGED:featuredKagameMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pires Na Ray Bo Muri Arsenal Bati: “ Umurishyo W’Ingoma N’Ingagi Twabonye Byaradutangaje”
Next Article Ingabo Za Uganda Zujuje Umuhanda Zivuga Ko Ugiye Kuzifasha Guhashya ADF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?