Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Byinshi Bitarakorwa Ngo Uburinganire Bwuzure- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Byinshi Bitarakorwa Ngo Uburinganire Bwuzure- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 July 2023 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yaraye abwiye abitabiriye Inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’abagore ko n’ubwo hari byinshi byakozwe ngo uburinganire n’ubwuzuzanye bw’ibitsina byombi bugerweho, hari ibitarakorwa.

Perezida w’u Rwanda avuga ko ibitaranozwa bigaragarira mu nzego za Politiki, iz’imibereho n’imibanire y’abantu n’iz’ubukungu aho bamwe bimwa amahirwe yo guhangana ku isoko ry’imirimo.

Yagize ati: “ Iyo niyo mpamvu twese abari hano n’abari ahandi tugomba kumva ko dufite inshingano zo guharanira ko imyumvire ikandamiza bamwe ihinduka.”

Avuga ko abagore bagikorerwa ihohoterwa bakimwa ubutabera busanzwe buhabwa abandi.

Ikindi cyerekana ko bahohoterwa ni uko akenshi ari bo usanga mu mirimo iciriritse ndetse rimwe na rimwe idahemberwa.

Icyo bita ‘informal sector’.

Icyakora Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwo guha abagore umwanya mu nzego zose z’igihugu.

Ibyo ngo bigaragara haba mu buyobozi bwa Politiki, mu bukungu no mu mibereho myiza y’abaturage muri rusange.

Ndetse ngo hari n’uburyo Leta ireba niba ingengo y’imari yayo igirira akamaro ibitsina byombi.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rukora k’uburyo urugomo gukorerwa abagore mu ngo rucika.

Inama mpuzamahanga ihuza abagore iri kubera mu Rwanda izamara iminsi ine.

Ibaye ku nshuro ya gatandatu ku rwego rw’isi ariko ku rwego rw’Afurika ibaye ku nshuro ya mbere.

Inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’abagore
TAGGED:AbagoreAfurikafeaturedKagameRwandaUburinganire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Ya Singapore Yasuye Iy’u Rwanda
Next Article RIB Yafashe Uwari Umaze Igihe Yihisha Kubera Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?