Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ibice By’U Rwanda Bigerwamo Gusa n’Imiyoboro y’Itumanaho Yo Muri RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Ibice By’U Rwanda Bigerwamo Gusa n’Imiyoboro y’Itumanaho Yo Muri RDC

Last updated: 11 March 2021 4:13 pm
Share
SHARE

Mu Rwanda habarurwa ko nibura 81.6% bakoresha telefoni igendanwa uhuje umubare w’abaturarwanda na sim cards ziri mu gihugu, ariko si ko bose bishimira ibyiza bitangwa n’imiyoboro y’itumanaho nko kubafasha kuvugana n’inshuti cyangwa kumenya amakuru agezweho.

Mu karere ka Rusizi kegereye Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, hari ibice usanga aho gufata imiyoboro y’ibigo by’itumanaho byo mu Rwanda, muri telefoni z’abaturage hazamo imiyoboro yo hakurya y’umupaka ya Airtel na Vodacom.

Ni ibintu bituma itumanaho ribahenda cyane, igihe umuntu akeneye undi akamutumaho mugenzi we kandi agendana telefoni mu mufuka. Bikomeje kubaho cyane mu bice bireba muri RDC, ku kirwa cya Nkombo.

Ni ikibazo kandi cyakunze kuvugwa no ku bindi bice by’imipaka yegeranye n’ibihugu by’abaturanyi.

Umwe mu bagirwaho ingaruka n’icyo kibazo yagize ati “Itumanaho rya telefoni hano ni ikibazo gikomeye cyane, iyo umuntu ashaka guhamagara iwabo asanga umuyoboro wo muri Congo ariwo uri muri telefoni.”

Ni ikibazo kigira ingaruka ku migendekere ya serivisi nyinshi zikenera itumanaho, haba ku baturage basanzwe cyangwa abakora mu nzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima.

Undi yagize ati “Bidutera ikibazo kubera ko umuntu igihe cyose umukenereye udashobora kumubona, yaba umuyobozi w’umudugudu cyangwa undi, n’umuturage igihe cyose hashobora kuba impamvu ituma umuhamagara nabyo biragoye, bisaba gutumaho.”

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, ruvuga ko nyuma yo kuvugana n’inzego z’ibanze zo mu murenge wa Nkombo, iki kibazo bagiye kurebera hamwe uko cyabonerwa igisubizo.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Kugenzura Ibijyanye n’Ikoranabuhanga, Charles Gahungu, yabwiye televiziyo y’igihugu ko mu Cyumweru gitaha bazohereza itsinda muri ako gace, rikazasesengura imiterere y’ikibazo.

Yakomeje ati “Nubwo twubatse umunara hariya kuri nkombo, ariko hari imidugudu bigaragara ko ireba muri Congo ihuzanzira ritahagera neza. Twavuganye nabo, mu Cyumweru gitaha turoherezayo abakozi, uwa Airtel, uwa MTN n’uwa RURA, bazazana bose bagende muri iyo midugudu yose, basuzuma bakareba uko bimeze, bagasuzuma n’uko icyo kibazo cyakemuka.”

Kugeza mu mpera za Mutarama 2021 mu Rwanda habarurwaga sim cards 10.575.864 ugereranyije na sim card 10.614.408 zabarurwaga mu mpera z’umwaka wa 2020.

Ubaze ku baturage 100, ababa bakoresha izo sim card ni abaturage 81.6%.

MTN Rwanda niyo ifite isoko rinini mu gihugu na miliyoni 6.5 mu gihe Airtel Rwanda ari miliyoni 4.

TAGGED:CongoDemukarasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame na Madamu Bakingiwe COVID-19
Next Article Ibyo Wamenya Nyuma y’Uko Ibihugu Birindwi By’i Burayi Byahagaritse Urukingo Rwa AstraZeneca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?